Umuhango wo gutaha ku mugaragaro urusengero rwa ADEPR Paruwase ya Remera wasubitse nyuma yo kubona ko covid 19 imeze nabi muri iyi minsi bikaba bitashoboka ko hatahwa urusengero abakirisitu batishimye.
Ubusanzwe umuhango wo gutaha uru rusengero waruteganyije kur’uyu wa 9 Mutarama 2022 aho byari byitezwe ko abakirisitu bazabagirwa ibimasa n’inkoko mu rwego rwo kwishimira kuba bareseje umuhigo wo kubakira Imana.
Ibendera TV yavuganye n’umushumba wa ADEPR Paroise ya REMERA Past GATANAZI Justin maze avuga ko impamvu y’iri subikwa aruko nta munezero wari kubaho mu gihe hatahwa urursengero bamwe mu bakirisitu badaharii kubera icyorezo cya Covid 19.
Agira ati:”Igikorwa cyo gutaha urusengero cyarahagaritswe, ntabwo ari kur’icyi cyumweru nk’uko byari biteganyijwe, twasanze nta mpamvu yo gutaha urusengero abakirisitu batishimye kubera icyorezo cya Covid 19″.
Pasteri Gatanazi asoza yizeza abakirisitu ko bazamenyeshwa indi tariki yo gutaha urusengero rwabo.
Ibi bije nyuma y’uko kugeza ubu icyorezo cya covid 19 gikomeje kuzura umugara dore ko gikomeje kwihinduranya ubu hakaba havugwa iyiswe omicron imereye nabi abantu dore ko ikomeje gutuma abatari bake bandura.
Uru rusengero rwatangiye gusengerwamo kuwa 20/07/2020 ubwo insengero zakomorerwaga gufungura nyuma y’aho covid 19 yari yatumye zifungwa, abakirisitu bakaba barinjiye mu rusengero ariko umuhango wo kurutaha ntiwabaho dore ko mbere yaho bateraniraga mu rusengero rutoya.
Uru rusengero mu bihe bisanzwe nukuvuga mu bihe bitarimo covid 19 ruteganya kuzajya rwakira abantu babarirwa mu bihumbi 4 kuzamura utabariyemo abari mu bindi byumba biri hirya y’urusengero.


