Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/09/12
in HOME, IYOBOKAMANA
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ihuriro Nyarwanda ry’Abafite ubumuga bwo kutabona RUB ku bufatanye n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda barasaba amadini n’amatorero kubaha agaciro kuko nabo ari abantu

Ibi ni ibyagarutsweho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kur’uyu wa mbere tariki ya 11 Nzeri 2023 aho bamwe mu bagize RUB bavuze ko usanga badahabwa agaciro mu nsengero nyamara nabo baba bakeneye agakiza nk’uko biba ku bandi bantu badafite ubumuga.

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Dr Kanimba Donatille ukuriye RUB avuga ko hari abafite ubumuga bwo kutabona birengagizwa nyamara bashobora guhabwa agaciro nabo bakaba baba abavugabutumwa beza cyangwa abapadiri beza akaba ariho ahera asaba ko nabo bakwiriye guhabwa agaciro mu rusengero.

Agira ati:”Kudaha agaciro abafite ubumuga bwo kutabona ntabwo buri mu bantu basanzwe gusa ahubwo buri no mu nsengero gusa iyo babimenye bahita babikosora, urugero natanga nuko hari abapasiteri bafite ubumuga bwo kutabona kandi iyo urebye usanga babikora neza akaba ariyo mpamvu rero mvuga ko dukwiriye guhabwa agaciro”.

Dr Kanimba akomeza avuga ko ababazwa no kuba hari aho usanga abafite ubumuga bashungerwa nyamara bakabaye bafatwa nk’abandi bantu akavuga ko ibi biri mu bibahungabanya bikaba bikwiriye gucika.

Mukeshimana Jean Marie Vianey uyobora ikigo gifasha abatabona gusubira mu buzima busanzwe gikorera imasaka avuga ko bidakwiriye ko haba hari abantu bagiheza abafite ubumuga kugeza no mu nsengero.

Agira ati:”Uramutse uhuye n’ingorane mu gihe urimo kugenda ugahita uhuma, wabigenza ute ko uhita ubona isi ikwituyeho? Tekereza rero iyo umuntu ufite ubumuga bwo kutabona agera ahantu bakamuha akato birababaza cyane kandi ibi nti bikorwa murui rubanda gusa ahubwo ikibabaje nuko bimaze no kugera mu rusengero”.

Akomeza asaba itangazamakuru kubakorera ubuvugizi kuko gusigazwa inyuma no guhezwa kugeza nubwo bibabaho mu rusengero ari ikintu kibabaje ndetse kibashengura umutima.

Naho umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Past Viateur Ruzibiza avuga ko mu guha agaciro abafite ubumuga babakoreye Bibiliya izajya ibafasha mu gukurikira ijambo ry’Imana nk’abandi bakirisitu ikaba ari Bibiliya Ijambo ry’Imana, gusa akavuga ko hakiri imbogamizi z’ubushobozi kugira ngo babashe gukora izibakwiriye ariko akizeza ko ubuvugizi buzakomeza gukorwa kugira ngo hashakishwe ubushobozi bwo gukora Bibiliya zihagije kur’aba bantu bafite ubumuga bwo kutabona.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Past Viateur Ruzibiza

Asaba abayobozi b’amadini n’amatorero gutega amatwi abafite ubumuga bwo kutabona bakabereka ko nabo hari ibyo bashoboye bakabaha umwanya ntibabaheze kuko ngo iyo wubaha Imana wubaha n’abaremwe n’Imana.

Ni ikiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti:”Bibiliya Ijambo ry’Imana mu nyandiko y’abafite ubumuga bwo kutabona. Zaburi 119:105″.

Ihuriro ry’abafite ubumuga bwo kutabona ryashinzwe mu mwaka w’1994 nyuma yo kubona ko hakiri abantu baheza abafite ubumuga bwo kutabona kugeza n’ubwo bibera mu rusengero.

Abanyamakuru batandukanye bitabiriye iki kiganiro
Ibumoso ni umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Past Viateur Ruzibiza, Dr Kanimba Donatille ukuriye RUB (hagati) na Mukeshimana Jean Marie Vianey uyobora ikigo gifasha abatabona gusubira mu buzima busanzwe

  

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k
HOME

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In