Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Abagera kuri 30 bari bapfuye bazira isombe idasanzwe bariye 

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/18
in NTIBISANZWE, MU RWANDA
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu karere ka Gicumbi, ku ishuri ryisumbuye rya Ndayabana haravugwa inkuru y’abanyeshuri barenga 30 baguwe nabi n’isombe bagaburiwe ku ishuri bikarangira bajyanywe kwa muganga, aho Imana yakinze akaboko bikarangira badapfuye.

Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa Ndayabana, ruherereye mu murenge wa Bwisige,mu karere ka Gicumbi bacitse igikuba nyuma y’aho abana babo bajyanywe mu kigo nderabuzima cya Mukono nyuma yo kurya isombe ikabagwa nabi.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Bikekwa ko iyi sombe yaba itari iteguye neza kuko aba babyeyi basaba ko isombe batajya bayigaburirwa ku ishuri kuko ngo isaba ubuhanga mu kuyiteka.

Umwe mu baganiriye n’itangazamakuru yagize ati:” Dufite impungenge z’abana bacu, erega bashobora no gupfa, nkubu abana bacu babimye indangamanota ngo nuko twabuze amafaranga yo kubishyurira ngo barire ku ishuri, dukora uko dushoboye turayatanga ,none aho bakagaburiye abana bacu neza  bari kubagaburira isombe idahiye.”

Aba babyeyi bakomeza bavuga ko isombe itakagaburiwe abana babo kuko n’iyo bayitetse mu rugo bisaba kuyitondera.“Buriya iyo sombe bayujujemo amazi,  isombe niyo bayitetse mu rugo tuba dufite ubwoba, rero bakagiye babagaburira indi ndyo.”

Undi nawe agira ati :” ko abana se bagiye kwa muganga bavuga ko bariye isombe, n’ubu hari abari kugenda muri iri joro, gusa isombe yakavuye mu byo batekerwa pe!.”

Umuyobozi wa G.S Ndayabana Felix Rurimbya , avuga ko iki kibazo gishobora kuba cyatewe nuko abanyeshuri bataherukaga kurya isombe.

Agira ati: “Mu gihembwe gishize twarayitekaga tukayivanga mu bishyimbo nta kibazo byateraga , nuko ahari bari bamaze iminsi batayirya”.

Uyu muyobozi  avuga ko  abana bari bajyanywe kwa muganga ubu basubiye iwabo.

Bamwe mu babyeyi basaba ba nyir’amashuri kujya bashaka abize ibyo guteka kugira ngo bamenye indyo iboneye batekera abanyeshuri.

Ubwo twateguraga iyi nkuru twashatse kumenya icyo Minisiteri y’ubuzima ivuga kur’iki kibazo ndetse no kumenya niba koko aba bana mu bizamini bafashwe kwa muganga bigaragaza ko koko bari bazize isombe gusa ntibaratwitaba tukaba tuzabagezaho ibindi kur’iyi nkuru mu nkuru zacu zitaha.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In