Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Abajura bo muri kigali bakomeje guhangayikisha benshi

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/07/13
in AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umujyi wa Kigali ukomeje gutakambira Sena ku kibazo cy’ubujura kirushaho gufata indi ntera aho Magingo aya Umujyi wa Kigali ugeze aho ukoresha ingengo y’imari ya miliyari 1,2 y’amafaranga y’u Rwanda mu kurwanya inzererezi arizo zivamo abajura.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye komisiyo ya Sena ishinzwe ubukungu n’imari kuwukorera ubuvugizi buzafasha mu kurwanya ubuzerezi n’ubujura bikorerwa mu bice bitandukanye bigize uyu mujyi.

IZINDI NKURU WASOMA

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Magingo aya Umujyi wa Kigali ugeze aho ukoresha ingengo y’imari ya miliyari 1,2 y’amafaranga y’u Rwanda, mu bikorwa bijyanye no kurwanya ubuzererezi birimo iby’abana bo ku muhanda, abasabiriza n’abafatirwa mu bujura cyangwa ibiyobyabwenge.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imiyoborere n’Imibereho Myiza mu Mujyi wa Kigali, Munyandamutsa Jean Paul, yabwiye abasenateri ko uko Umujyi ukura ari na ko ikibazo cy’ubuzererezi gikomera.

Ati:“Ikintu kijyanye no guhangana n’ubuzererezi twagitangagaho miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda mu myaka ibiri yashize, umwaka ushize zabaye miliyoni 600 Frw, uyu mwaka ni miliyari 1,2 Frw kandi ibyo dukora ni bito cyane ugereranyije n’ibyo tugomba gukora.”

Visi Perezida wa Komisiyo ya Sena y’ubukungu n’imari, Nyinawamwiza Laetitia, yavuze ko ikibazo cy’ubuzererezi kirimo gifata indi ntera aho yabyise ubujura buterwa n’uko “Urubyiruko ruva mu ntara ruje gushaka imirimo mu Mujyi wa Kigali rwayibura rukihangira iyarwo y’ubujura.”

Yavuze ko mu duce twibasiwe n’ubujura, 80% tubarizwa mu Karere ka Nyarugenge harimo Nyamirambo, Kimisagara, Nyabugogo n’ahandi,… ahavugwa insoresore zambura abantu zitwaje ibyuma n’inzembe kandi zanyoye ibiyobyabwenge.

Ati “Bageze aho bakora ishyirahamwe, icyo kibazo gikomeje ntabwo tuzaba turimo twubaka ya “City of Life” cyangwa “Smart City” ahubwo na ba bandi bawujemo bazongera bawuhunge kubera ubujura.”

Yasabye ko uduce tugaragaramo ubujura bwinshi dukwiye gutekerezwaho hakaba hakwifashishwa “camera” ariko zikora zitari za zindi twifotorezaho nk’uko bikorwa mu mijyi y’ahandi iteye imbere.

Mu minsi ishyize Umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge Ngabonziza Emmy yatangaje ko abana bakomoka ku ndaya aribo biganje mu nzererezi by’umwihariko muri Nyarugenge.

Imibare yo mu mwaka wa 2019 Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS) cyagaragaje ko 20% by’abana bagororwa basubira mu bikorwa by’ubuzererezi aho NRS ivuga ko buri mwaka kigorora abana bari hagati 1800 n’ibihumbi 2 kandi buri kwezi kigakoresha miliyoni 80 z’amafaranga y’u Rwanda mu kwita ku bana baba bari mu bigo by’igororamuco hatarimo ayo guhemba abakozi.

Iyo bamaze kwambura abantu ngayo amacumbi yabo bahita bajya kubikamo ibyo bibye
Mbere yo kujya kwiba barabanza bakanywa ibiyobyabwenge
Umujyi wa Kigali ukomeje gutabaza kubera Ikibazo cy’Ubujura bufitanye isano n’inzererezi

Yanditswe na Clement H BAGEMAHE

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In