Sunday, April 2, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Abanyamahirwe 3 nibo begukanye itike ya Gorilla Games yo kwerekeza mu Bwongereza kureba umukino wa Alsenal na Manchester

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/04/16
in HOME, IMIKINO
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umukobwa witwa Phiona hamwe n’abahungu 2, Patrick na Innocent nibo begukana itike yo kuzajya kureba umukino wa Alsenal na Manchester ugomba kuba ku ya 23 Mata uyu mwaka, bombi bakaba bavuga ko nabo ubwabo batunguwe no kuba Gorilla Games yabahaye aya mahirwe.

Mukundente Phiona avuga ko yabanje kujya aha inshuti ye ikabubetingira ariko bikaza kurangira nawe atinyutse akajya abyikorera.

IZINDI NKURU WASOMA

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

Agira ati:” Ni inzozi zabaye impamo kuko sinanabitekereza, ndindiriye kureba ko biva mu nzozi nkabibona nabigezemo kuko na n’ubu ndacyameze nkuri kurota, njya gutangira kubetinga nabanje kujya mba inshuti yange ikabinkorera ariko uko bigenda biza naratinyutse nange nza kujya mbyikorera, none dore ndatsinze, nasaba abandi bakobwa nabo kubitinyuka”.

Naho MAKUZA Patrick we avuga ko ubwo yahamagarwaga n’abo muri gorilla Games atabyemeye. Agira ati:” Nakiriye telefoni yabo nkeka ko ari umutekamutwe sinashira amakenga njya aho bakorera ndavuga nti nahamagawe n’umuntu wanyu sinashira amakenga mbereka nimero barambwira bati ni twebwe genda tuzajya tukubwira amakuru y’aho bigeze, ndabashimira nshimira n’Imana ko inzozi zange zibaye impamo, na nubu sindabyumva gusa ningaruka nibwo numva nzavuga byinshi”.

Nahasoni Innocent we avuga ko hari abantu batekereza ko mukubetinga habamo amanyanga ariko akaba abamara impungenge, ati nge barampamagaye nari ndi muri salon, ninahita mbyiyumvisha ariko uko iminsi igenda ishira badutangariza aho bigeze byatumye ngenda ngira icyizere, usanga rimwe na rimwe abantu bavuga ko ibintu byo kubetinga bibamo amanyanga ariko mbonye ko biba birimo ukuri, ndakangurira bagenzi bange kujya bagerageza amahirwe yabo”.

Ku ruhande rwa Gorilla Games, GAKWANDI Aime Chris, Brand Manager wa Gorilla Games avuga ko buri wese watsindiye itike azishyurirwa itike imujyana n’imugarura, aho kuryama n’ibyo kurya, akishyurirwa kandi kureba umupira kuri Stade ya Emiretes ku mukino uzahuza Alsenal na Manchester ndetse n’ibindi bizakenerwa byose,….

Aba bombi bakaba baratsindiye itike binyuze mu buryo bwo kubetinga aho byatangiye mu ntangiriro z’ukwezi kwa 12 umwaka ushize aho hashakishwaga abanyamahirwe bagomba kuzareba umukino uzaba kur’uyu wa 23 Mata 2022.

Iyi tike kuyitsindira ntibyasabaga kuba wabetinze amafaranga menshi ahubwo byasabaga kubetinga amafaranga ari hagati y’igihumbi (1000) cyangwa miliyoni 10 ubundi amahirwe yagusekera ukayegukana.

Uretse ibi kandi wasabwaga no kuba ufite pasiporo kandi ukaba wemera kuza mu itangazamakuru no kwemera ko nutoranywa uzajya kureba umukino mu Bwongereza wa Alsenal na Machester.

Aba bombi bazahaguruka kur’uyu wa 21 Mata 2022 berekeze mu Bwongereza aho bazarara kuwa 22 bugacya bareba Umukino tariki 23 bakazagaruka mu Rwanda tariki ya 24 aho bazaba bari kumwe na GAKWANDI Aime Chris Brand Manager wa Gorilla Games ndetse n’umunyamakuru wa Televisiyo y’u Rwanda RIGOGA Routh nk’umwe mu bafatanyabikorwa ba Gorilla Games.

Mukundente Phiona
MAKUZA Patrick
Nahasoni Innocent hamwe na GAKWANDI Aime Chris, Brand Manager wa Gorilla Games

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023
1.4k
HOME

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023
1.4k
HOME

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023
1.4k
HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

March 31, 2023

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In