Thursday, March 23, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Abarenga ibihumbi 2000 bagiye guhabwa amahugurwa ajyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/12/09
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda Mwambari Faustin, Umuyobozi Mukuru ushinzwe umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko bagiye guhugura abakozi basaga ibihumbi 2000 bakora mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro hagamijwe kunoza uyu mwuga

Kur’uyu wa Kane tariki 8 Ukuboza 2022 i Kigali mu Rwanda hasojwe icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ni umuhango waranzwe no guha impamyabumenyi abamaze iminsi bahugurwa mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aba bakaba barahuguwe ku bufatanye na Sendika y’abakozi bo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda REWU ifatanyije n’ikigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMB).

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Umwe mu banyeshuri basoje aya mahugurwa akaba yavuze ko ubumenyi yahawe buzatuma arushaho kuba inzobere mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Mbere nta gaciro twahabwaga, twasaga n’abatarize ariko ubu ngiye kuba umukozi nk’abandi kuko noneho mbifitiye icyangombwa, aya mahugurwa twahawe ni ingenzi mu buzima bwacu no mu kazi kacu k’ejo hazaza.”

Umuyobozi Mukuru w’Ishyirahamwe ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda, Jean Malic Kalima, yavuze ko nubwo uru rwego rumaze gutera imbere rukirangwamo ibibazo bitandukanye nk’ikibazo cy’ubunyamwuga n’ibindi birimo kutagira ubwishingizi.

Mwambari Faustin, Umuyobozi Mukuru ushinzwe umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yavuze ko bagiye gutanga amahugurwa ku bantu basaga 2000 mu rwego rwo guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda.

Mwambari Faustin, Umuyobozi Mukuru ushinzwe umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo

Agira ati:” Turashishikariza abakora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro guha agaciro abo bakoresha, mukabaha ubwishingizi n’ibindi bikenerwa kugira ngo umukozi akore atekanye, niyo mpamvu tugiye kubafasha gutanga amahugurwa ku bantu bagera ku 2000 mu rwego rwo guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda”.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), Amb, Yamina Karitanyi yavuze ko nubwo abakozi hari ibyo basabwa birimo no kugira icyangombwa kigaragaza ko bafite ubumenyi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’abakoresha, nabo hari ibyo babagomba cyane cyane bijyanye no kubahiriza ibigenwa n’itegeko ry’umurimo.

Amb, Yamina Karitanyi, Umuyobozi mukuru rwa RMB

Ati “Turashimira abagize uruhare muri ibi bikorwa bose, turashishikariza abakoresha b’uyu murimo guha abakozi babo amasezerano y’akazi ndetse n’ikindi twishimira nuko Minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo yemeye kudufasha guhugura abantu basaga 2000 nabyo bizadufasha cyane”.

Ni amahugurwa yitabiriwe n’abakozi 200 baturutse mu bigo 10 muri 62 bikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda aho kugeza ubu Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukaba ari rumwe mu nzego zitanga akazi ku bantu benshi, aho kugeza ubu mu Rwanda rukorwamo n’abakozi bagera ku bihumbi 40.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In