Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Abitabiriye Inama ya ASFM barashima imikorere ya Serivisi ya DNA ibarizwa muri RFL

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/03/08
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Kuva tariki 7 kugeza tariki 10/3/2023, Mu Rwanda hari kubera inama ya ASFM aho bamwe mu bayitabiriye bashima uruhare n’imikorere ya Serivisi za RFL by’umwihariko Serivisi ya DNA.

Samuel Keshinro waturutse muri Nigeria akaba impuguke mu gupima abitabye Imana hagamijwe kumenya icyabishe avuga ko u Rwanda rumaze kugera ku ntera ishimishije mu bijyanye no gupima ibimenyetso huzasano DNA binyuze muri Laboratoire y’ibimenyetso bya Gihanga RFL.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Samuel agira ati:”Uretse aho u Rwanda rwanyuze n’ibibazo rwahuye nabyo biragaragara ko intera rumaze gutera ishimishije cyane”.

Akomeza agira ati:” Twasobanuriwe zimwe muri Serivisi zitangwa na RFL ngewe natangaye kubera ko intera bagezeho irashimishije cyane nkaba nanyuzwe na Serivisi yo gupima abantu hagamijwe kumenya amasano bafitanye, DNA”.

Asoza agira ati:” Icyo nzasangiza ab’iwacu nukwigira ku mikorere ya RFL nubwo hirya no hino hashobora no kuba ibibazo by’ubushobozi ariko ndizera ko nidukorera hamwe tuzabigeraho”.

Lt Col. Dr. Karangwa Umuyobozi wa RFL avuga ko kuba barakiriye iyi nama ari iby’agaciro aho avuga ko uretse kuba hari abazakura ubumenyi mu Rwanda ariko u Rwanda narwo ruzabungukiraho byinshi.

Gupima ikizamini cya DNA ni ingenzi cyane kuko hamenyekana ufitanye isano n’undi bityo bigakuraho urujijo hagati y’abantu n’abandi.

Iki kizamini kandi gifasha mu gukemura ibibazo bishobora kuvuka hagati y’abantu bitabye Imana bitunguranye cyangwa mu mpanuka, kuko kuyifatisha ikaba ibitse bifasha mu gihe havuka impaka nyakwigendera yarashyinguwe, bigafasha kwirinda kuzasubira mu mva y’uwitabye Imana kuko byahenda kurushaho.

Kugeza ubu igiciro ku muntu umwe ushaka gupimisha DNA ku buryo butihutirwa ni 89,010Frw, aho ibisubizo biboneka mu minsi itarenze irindwi iyo yabaye myinshi, mu gihe iyo byihutirwa ushaka kubona ibisubizo mu masaha 24 ku muntu umwe ari 142,645Frw; ariko nta bwishingizi bukoreshwa mu gukoresha ibi bizamini.

ASFM ni ihuriro rya za Laboratoire zipima ibimenyetso bya gihanga zo muri Afrika, kur’iyi nshuro inama yayo ikaba yarabaye ku nshuro yayo ya 10 ikabera mu Rwanda.

Ni mu gihe kandi uretse gupima DNA, RFL itanga n’izindi serivisi zirimo gupima ibinyabutabire mu maraso y’abantu, gupima umurambo, gupima ibikomere byatewe n’ihohoterwa, gupima imbunda n’amasasu, gupima amajwi n’amashusho, gusuzuma inyandiko zigirwaho impaka, gupima aho umuntu yakoze cyangwa yakandagiye, gusuzuma ibimenyetso by’ibyaha byakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga, ndetse no gusuzuma ibihumanya.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In