Saturday, April 1, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IYOBOKAMANA

Akigera i Kigali, Reverend Sackey yizeje abazitabira Jesus Heals Miracle Campaign kuzabohoka imitima n’imibiri

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/06/18
in IYOBOKAMANA
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Akigera ku kibuga cy’indege i Kanombe, Pastor David Sackey yavuze ko abazitabira Jesus Miracle Compaign, igitaramo kizabera mu Karere ka Nyamasheke kuzaza biteguye gukira imibiri n’imitima binyuze mu bikorwa no mu ijambo rya Yesu Christo.

Ibi Pastor Sackey yabitangarije i Kigali kur’uyu wa 17 Kamena, akigera ku Kibuga cy’indege i Kanombe aho yahise yerekeza kuri hill view hotel mu mujyi wa kigali agirana ikiganiro n’abanyamakuru maze yizeje ko mubyo azakora harimo no gufasha abantu mu birebana n’ubwishingizi mu kwivuza Mutuelle de sante akazanagaburira abatabona amafunguro basaga 150.

IZINDI NKURU WASOMA

Padiri Twagirayezu wahawe kuyobora Diyozezi ya Kibungo ni muntu ki?

Ntibisanzwe! Umupasiteri yihaye kwigana Yesu birangira ahasize ubuzima

Agira ati:” Abatuye i Nyamasheke twizeye ko bazabohoka imitima n’imibiri kuko twizeye ko Imana izabana natwe maze umwuka wera akabamanukira”.

Abatuye mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda bazaba bari kumwe na Reverand Sackey kuva ku ya 23 kugeza ku ya 26 Kamena 2022 aho hazakorwa ibikorwa binyuranye birimo amavuna, gufasha abaturage mu bijyanye n’ubwisungane mu kwivuza mutuelle de sante, gufasha abatishoboye, ndetse hakazabaho n’igikorwa cyo kugaburira abashonje bagera ku 150.

Ibi bikorwa by’ivugabutumwa bikazabera kuri Stade Kirambo n’ahandi, cyane cyane ku masoko ya Bushenge, Rwesero, Shangi, Rugali, Cyato na Rwesero, aha hakaba ari mu masoko cyangwa ahantu hakorerwa ingeso mbi nk’uko wavuga mu migina n’Ahandi nk’uko byatangajwe na NIKODEM NZAHOYANKUYE umwe mu bateguye icyi gikorwa.

Muri ubwo bukangurambaga, imiryango 500 itishoboye izaterwa inkunga yo kubona ubwishingizi bw’ubuzima (mutuelle de sante).

Ibi bikorwa bikazanitabirwa n’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana barimo, Aime Frank, Liliane Kabaganza, Thatien Titus, Theogene Uwiringiyimana uzwi ku izina rya TheoBosebabireba, hamwe n’itsinda rya Healing Worship Team .

Reverand David Sackey avuga ko impamvu yo gukora ibi bikorwa byo gufasha abatishoboye abikura ku buhamya bwe kuko avuga ko Imana yamutabaye ikamukura kure kuko avuga ko yahoze aremerewe kuko ngo yanywaga ibiyobyabwenge, itabi, urumogi gusinda ndetse ngo yakundaga abakobwa cyane akavuga ko Yesu yaje kumusanga akamuruhura.

Reverand Sackey abajijwe kugira icyo avuga ku bapasteri n’abandi bakozi b’Imana bijanditse muri Jenoside yakorewe abatutsi yavuze ko abo bari abapasiteri ku mazina ariko mu bikorwa atari bo. Ati:” abo bari abapasietri gusa ariko ntibari abakozi b’Imana kuko umukozi w’Imana wamenye Yesu Christo ntiyakora ibyo.

Reverend David Sackey ni umugabo w’umugore umwe n’abana 3, yavukiye mu gihugu cya Ghana ariko akaba afite ubwenegihugu bwa Leta zunze ubumwe za America ari naho aba kugeza ubu akaba akora ibikorwa byo kuzenguruka isi abwiriza ubutumwa bwiza bwa Yesu Christo ndetse akora n’ibikorwa byo gufasha ibintu avuga ko yatangiye gukora mu mwaka wa 2009 kuzageza umunsi atazi.

KURIKIRA VIDEO UREBE UKO Reverend SACKEY YAKIRIWE NA BIMWE MU BYO YATANGAJE AKIGERA i KANOMBE:

Facebook Comments Box

Related Posts

AMAKURU

Padiri Twagirayezu wahawe kuyobora Diyozezi ya Kibungo ni muntu ki?

February 22, 2023
1.4k
AMAKURU

Ntibisanzwe! Umupasiteri yihaye kwigana Yesu birangira ahasize ubuzima

February 18, 2023
1.5k
HOME

Protected: Abazitabira Rwanda Revival Conference barizezwa kuzahembuka ku mutima no ku mubiri

February 1, 2023
1.5k
HOME

Ni umwanda-Ikibazo cy’abasenyeri bashaka kubana bahuje ibitsina cyahuruje imbaga

January 18, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

March 31, 2023

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In