Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IMYIDAGADURO

Ak’impenure mu mugi wa Kigali kashobotse

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/08/15
in IMYIDAGADURO
0
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ubu mu mugi wa Kigali inkuru ikomeje kuvugwa n’icibwa ry’impenure mu ruhame aho polisi ivuga ko iyi myambarire itazihanganirwa gusa bamwe mu bambara iyi myenda bo barasa n’aho bavuniye ibiti mu matwi mu kumva ubu butumwa bwa Polisi aho hibazwa niba mu Rwanda hakenewe Minisiteri yo kwigisha bamwe kwambara bikwije .

Mu gitaramo cya Kizz Daniel cyabereye mu mujyi wa Kigali muri iyi week end byagaragaye ko abakobwa bamwe na bamwe bari bitabiriye icyi gitaramo basaga n’abatazi iyo biva niyo bijya mu kwambara.

IZINDI NKURU WASOMA

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

Bamwe ibibero n’amatako byari hanze abandi amabere ari kugaragara abandi bambaye amajipo wagereranya n’umukandara bigasa naho iki kibazo kugishakira umuti urambye bizasaba izindi ngufu.

Ubwo twageragezaga kwegera aba bakobwa bamwe bavuze ko ari uburenganzira bwabo abandi bakavuga ko kubabuza kwambara uko bashaka ari ukubahohotera.

Gusa ku rundi ruhande bamwe mu bakobwa bagaya iyi myambarire igaragaza ibice bimwe na bimwe ndetse bagasaba leta gushyiramo imbaraga nyinshi kugira ngo Umunyarwanda n’Umunyarwandakazi biheshe agaciro mu bintu byose batibagiwe no kukihesha mu myambarire.

Aha bagira bati:” Niba kera harabagaho kwambara inshabure, nyuma hakaza gukorwa imyenda ngo abantu bayambare kuki batayambara ahubwo bakaba bashaka kugarura ibya kera aho abantu batambaraga? Cyangwa se niberure tubimenye ko ari abarwayi kandi abo nabo berekeza kwa muganga ntabwo berekeza mu ruhame, Umuntu niba ashaka kwambara izo mpenure nazambare ari iwe mu cyumba areke kuza kubangamira abandi”.

Bamwe mur’aba bakobwa bavuga ko kubona bagenzi babo bagenda bambaye ku buryo ubwambure bwabo bugaragara nabo bibatera ipfunwe ariko bakaba barabuze uko babigira bagasaba Leta kugira icyo ikora.

Umwe mur’aba bakobwa waganiriye n’ikinyamakuru Taarifa witwa Denyse avuga ko ngo atakwitabira igitaramo yambaye rukubitihuku.

Ati:“Ubu  se waza kubyina kwa Kizz Daniel ukaza wambaye rukubitihuku? Polisi nayo ntigakabye.”

Abandi twashatse kugira icyo tubaza kuri iyi ngingo banze kugira icyo batangaza, baradutwama ngo tubareke ‘birire show.’

Ni mu gihe mu minsi mike ishize, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yabwiye itangazamakuru ko itazakomeza kurebera ngo abakobwa bice umuco nyarwanda.

Avuga ko ari ibintu biri gufata indi ntera. Kuri we, ngo  ntibikwiye.

Ati: “ Ntibikwiye mu muco, ntibikwiye no mu ndangagaciro mwahoze muvuga…nka Polisi ntituzabyemera kandi  ubutumwa nk’ubwo ni ngombwa kubutanga.”

Mu gihe iby’iyi myambarire bikomeje gufata indi ntera hakaba hari abibaza niba hazashyirwaho Minisiteri ishinzwe kwigisha abantu kwambara cyangwa se niba hazashyirwaho abashinzwe kubambika.

Ibi bije nyuma y’uko ku gisimenti haheruka kuvugwa umukobwa wambaye imyenda migufi yakunama arimo kubyina akagaragaza ubwambure bwe bisa n’iby’undi mukobwa uheruka kugaragara muri BK Alena yambaye akandu kabumbatiye igitsina gusa ibindi bice byose by’umubiri bikingirijwe n’akenda k’akayunguruzo.

Ni mu gihe kandi bamwe mur’aba bakobwa bavuga ko imyambarire nk’iyi bayikomora kuri ba nyina bikaba bisaba rero abarwanya umwera kunaga akajisho no ku bakuru.

Abarwanya iyi myambarire kandi barasabwa no guterera akajisho ku mbuga nkoranyambaga nka instagram aho usanga hari abakoresha uru rubuga mu buryo bweruye bwo kwiyambika ubusa.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023
1.5k
HOME

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

March 9, 2023
1.4k
HOME

Umuhanzi Mico the Best yafunzwe, menya icyo yazize

March 6, 2023
1.5k
HOME

Umuhanzikazi Knowless yibarutse umwana wa 3

March 4, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In