Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Amagambo ya Muhoozi, intandaro yo kwamburwa inshingano zikomeye muri Uganda

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/10/04
in AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuhungu wa Perezida Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba yazamuriwe ipeti rya Jenerali ariko yamburwa inshingano zo kuba umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda nyuma y’amagambo yatangaje avuga ko ashobora gutera Kenya akayifata mu gihe kitageje ibyumweru bibiri.

 

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo muri Uganda rivuga ko Gen Muhoozi Kaineruga yazamuwe ku ipeti rya Jenerali akuwe ku ipeti rya liyetona Jenerali, gusa nta mirimo izwi yahise ashingwa mu gisirikare ahubwo n’iyo yari afite yayambuwe aribyo benshi bafata nko kumwambura imbaraga ariko bakanga kumusebya mu baturage.

Iri tangazo kandi rivuga ko Muhoozi asimburwa na Gen Maj Muhanga Kanyanja ku kuba umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka.

Amagambo afatwa nk’ayabaye imbarutso y’ibi byose ni amagambo yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri aho Gen Muhoozi, yatangaje ko yaganiriye n’umubyeyi we Perezida Museveni kandi ko ibiganiro byagenze neza gusa ngo ibyo yatangaje kuri Kenya bishobora kuba byarababaje abanya Kenya benshi bityo avuga ko hari itangazo riri busohorwe na perezidansi kandi ko hari amasengesho adasanzwe ari bukorere igisirikare cya Uganda.

Mbere gato yuko itangazo rimwambura inshingano risohoka ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda yabanje gusohora itangazo yitandukanya n’ibitekerezo bya Muhoozi kuri Kenya.

Gen Muhoozi kuri uyu wa mbere yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cya Uhuru Kenyatta, Perezida ucyuye igihe wa Kenya, cyo kutarenga ku itegeko nshinga ngo yongere yiyamamarize manda ya gatatu itemewe mu mategeko ya Kenya.

Nyuma yo gutangaza ibi yahise yongeraho ko gufata Kenya bitamutwara ibyumweru bibiri kandi ko amaze kuyifata yahita ahitamo ahantu ho kuba hagati ya Westlands cyangwa Riverside.

Ni ibintu byababaje cyane abaturage ba Kenya ndetse bagaragaza amarangamutima yabo ku mbuga nkoranyambaga aho bamwe mu bategetsi ba Kenya bavuga ko ibyo Gen Muhoozi yatangaje ku gihugu cyabo ari icyaha.

Muhoozi yazamuriwe ipeti yamburwa inshingano

Gen Muhoozi akaba yarayoboye umutwe udasanzwe mu gisirikare cya Uganda kuva 2008 kugeza 2017 aho kuva mu mwaka wa 2021 yahawe inshingano zo kuba umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka umwanya avuyeho awumazeho umwaka.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In