Olaf Scholz yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Budage nka Chancelier usimbura Angela Merkel ku butegetsi yari amazeho imyaka 16.
France 24 ivuga ko Scholz w’imyaka 63 ari we watsinze amatora n’amajwi 395 kuri 707, ndetse ko nyuma yo kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko, ahamagazwa mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Bellevue Castle.
Kugeza ubu uyu mugabo kandi yamaze kurahirira izi nshingano, ndetse niteganijwe ko kuri iki gicamunsi ahererekanya ububasha na Merkel usoje urugendo rwe.
Olaf Scholz yabaye Minisitiri w’Imari na Visi Chancelier kuva mu 2018, mu gihe mbere yaho yari Umuyobozi w’Umujyi wa Hamburg kuva mu 2011 ndetse hagati ya 2009 na 2019 yabaye Umuyobozi Wungirije w’Ishyaka ry’Aba-Démocrates.
Angela Merkel ucyuye igihe ni we mugore wa mbere wabaye Chancelière w’u Budage, aho yabuyoboye imyaka 16 ahagarariye Ishyaka ry’Aba-conservateurs.