Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Aratabaza nyuma y’uko amaze imyaka 40 aba mu gitebo, abayobozi nabo batunguwe

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/27
in NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umugabo witwa Dominic aratabaza nyuma yo kumara imyaka irenga 40 aba mu gitebo kubera uburwayi ubu akaba yatangiye kubora ari muzima, abayobozi bamwe iki kibazo barakizi abandi ntibakizi.

Mu karere ka Nyamasheke mu burengerazuba bw’u Rwanda mu Kagali ka Nyamugari  mu murenge wa Shangi, niho uyu mugabo aba, arababaje kandi ateye agahinda, mu gitebo niho aryama ni naho yibera, kugeza ubu amaguru ye yatangiye kubora n’intoki ze zatangiye kuvamo ziratakara.

Uyu mwana w’umusore afite uburwayi bw’amayobera. Mukabakora Damarice na Leonidas Rubonenyi ni ababyeyi b’uyu musore umaze imyaka 40 aba mugitebo kuva mu busore bwe kugeza ubu akaba afite imyaka 60.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Uyu mwana yitwa NZARORA Dominic akaba abayeho nabi cyane, uburwayi bwamufashe ageze mu busore aho yagiye kubona akabona urutoki rumuvuyeho, n’ibindi bice bigatangira guhinduka areba.

Bakomeje badusobanurira ko iyi ndwara bababwiye ko yitwa ikivume gusa bababwiye ko iyi ndwara ivurirwa I Burundi gusa kubwubushobozi bucye ngo ntibabashije kuhagera gusa icyo bakoze n’ukumujyana mubitaro by’imbere mu gihugu.

Ati:’’Kubwubushobozi bucye twamujyanye mu bitaro byiwacu tumugejejeyo bamuca ukuguru bavuze ko bagiye kumuca ukwa kabiri ndabyanga mbabwira ko nzabana nawe gutya ameze’’.

Batubwiye ko uyu mwana atemerewe kwegera umuriro kuko ngo iyo awegereye atangira gutonyoka zimwe mu ngingo z’umubiri we nk’intoki zikavaho.

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shangi Madame NABAGIZE JUSTINE avuga ko iki kibazo cy’uyu muturage atakizi, gusa umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Nyamugari NIBASEKE Eugene  yatubwiye ko icyi kibazo cy’uyu muturage akizi ariko akavuga ko  ubu  atazi aho kigeze.

Agira ati:”Uwo musore ndamuzi, twigeze gukora raporo ndumva hashize nk’umwaka umwe tuyikoze, hari umushinga ntibuka uko witwa ushinzwe gufasha abafite ubumuga wigeze kuza ku murenge dutanga raporo y’uko uwo musore nawe yafashwa nk’umwe mu bafite ubumuga ariko kugeza ubu ntituzi aho byahereye”.

NIBASEKE Eugene Akomeza avuga ko uyu musore ngo ibyo kuba mu gitebo atabizi ariko akemeza ko ngo afite ubumuga kandi ikibazo cye nawe akaba yaraje kuhayobora akagisanga ndetse ngo bagerageje gushaka uko bamuha icyiciro cy’ubudehe ngo afashwe ariko bikananirana kubera ko ngo nta ndangamuntu agira.

Uyu muyobozi tumubajije niba hari ubundi buvugizi yakorewe haba ku murenge no ku Karere yatubwiye ko ntabwo ariko avuga ko ubu agiye gushaka uko hatangizwa ubuvugizi bwo kuba uyu musore yavuzwa ndetse akaba yanafashwa kubaho neza.

Twavuganye n’Umuyobozi w’ Akarere ka Nyamasheke Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza Madame MUKANKUSI Athanasie, atubwira ko ayoboye inama ariko atwizeza ko araza kuduha amakuru kur’icyi kibazo. Mu gihe byaramuka bishobotse ko tuvugana tukaza kubatangariza icyavuyemo mu nkuru zacu zitaha.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In