Sunday, April 2, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Bamporiki yasabiwe gufungwa imyaka 20

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/09/21
in HOME
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuzahamya Bamporiki Edouard ibyaha akurikiranyweho birimo kwaka indonke, rukamuhanisha gufungwa imyaka 20 no gutanga ihazabu ya Miliyoni 200Frw, we akavuga ko icyo gifungo ari kinini kandi agifite imbaraga zo gukorera Igihugu.

Byasabwe n’Ubushinjacyaha mu rubanza buregamo Hon Bamporiki Edouard rwaburanishijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022.

IZINDI NKURU WASOMA

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

Nyuma yo kugaragaza ibimenyetso bushingiraho burega uyu munyaporiki, Ubushinjacyaha bwavuze ko hashingiwe ku byavuye mu iperereza ndetse n’ibyo uregwa yitangarije ubwe mu mabazwa ye, bigaragara ko ibyaha akekwaho yabikoze.

Inkuru dukesha Radiotv10.rw ivuga ko umushinjacyaha yasabye Inteko y’Urukiko ko mu gihe izaba yiherereye kugira ngo ifate icyemezo, yazemeza ko ibyaha bikekwa kuri Bamporiki bimuhama.

Ni urubanza rwapfundikiwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri ku munsi rwaburanishirijweho, aho Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko imiterere y’ibyaha bushinja uregwa (Bamporiki).

Ubushinjacyaha burega Bamporiki ibyaha bibiri; icyo gusaba cyangwa kwakira indonke ndetse n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Ku cyaha cyo gusaba cyangwa kwakira indonke, Ubushinjacyaha bwavuze ko Uregwa yatse uwitwa Norbert Gatera Miliyoni 10Frw kugira ngo amufashe gufunguza uruganda rwe rwari rwafunzwe.

Naho ku cyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yatse Gatera Miliyoni 10 Frw kugira ngo amufungurize umugore we wari wafunzwe.

Kuri buri cyaha, Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa akwiye guhanishwa igifungo cy’imyaka 10 ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 100 Frw angana n’ubwikube bwa gatanu bw’indonke ya Miliyoni 20 Frw yatse, byose hamwe bikaba igifungo cy’imyaka 20 no gutanga ihazabu ya Miliyoni 200 Frw.

Bamporiki ahawe umwanya ngo avuge ku gihano yasabiwe, yavuze ko igifungo cy’imyaka 20 ari kirekire ku buryo aramutse agikatiwe, ntacyo yaba agishobora gukorera u Rwanda kandi yumva agifite imbaraga zo gukorera Igihugu.

Yagize ati “Imyaka nsabiwe n’Ubushinjacyaha ugereranyije n’iyo mfite, murumva ko ubuzima bwanjye bwaba burangiye kandi ngifite imbaraga zo gukorera Igihugu.”

Yasabye Urukiko ko mu gihe ruzaba rwiherereye rufata icyemezo, rwazashishoza rugaca inkoni izamba, rukamubabarira.

Hon Bamporiki Edouard mu rukiko

Ni imbabazi nubundi yasabye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda, mu butumwa yanyujije kuri Twitter nyuma y’umunsi umwe ahagaritswe muri Guverinoma ndetse anafungiye iwe.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023
1.4k
HOME

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023
1.4k
HOME

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023
1.4k
HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

March 31, 2023

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In