Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Bamwe mu bakoreshaga Twitter bari kwerekeza ku rundi rubuga rushya rutazabishyuza

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/11/07
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Nyuma y’uko Elon Musk afashe Twitter agatangaza ko bamwe mu bayikoresha barimo abemejwe kuyikoresha byemewe (verified) bazajya bishyura ubu bamwe batangiye gushaka izindi mbuga bajyaho, rumwe mu rwabyungukiyemo akaba ari urwitwa Mastodon.

Uru rubuga rushya ubu ruravuga ko rufite abarukoresha basaga 655,000 barimo abarenga 230,000 barugiyeho mur’icyi cyumweru gishize.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Mastodon igaragara nka Twitter konti z’abayikoresha zandika amakuru (bita “twoots”), ugashobora gusubiza, gukunda(like) cyangwa kuyakwirakwiza(re-post), kandi abariho bashobora gukurikirana(follow).

Kuba rukora nka twitter kandi ubuyobozi bwa twitter bukaba bwaratangaje ko abayikoresha kandi bari verified bagomba kujya bishyura amadolari 8 ku kwezi iyi  ni imwe mu mpamvu uru rubuga rushya rurimo kwigarurira abantu bashya.

Ibi ni bimwe mubyo wamenya kuri rwo

Icya mbere ugomba gukora ukijya kuri Mastodon ni uguhitamo ‘server/serveur’(ububiko). Hari nyinshi, zigendanye n’igihugu cyangwa umujyi.

Iyo wajyaho yose ntabwo ari ibintu birenze kuko uzashobora gukurikira abari ku zindi, ariko ibyo biguha abantu uheraho bari hafi yawe bashobora gutangaza ibintu bikureba.

Zimwe muri ‘servers’ z’uru rubuga zikunzwe cyane ni nka social na UK gusa ubu zirimo kugenda buhoro kubera ubusabe bunini.

Ryan Wild, urimo kuyobora ‘server’ ya Mastodon ya UK biciye muri kompanyi ye yitwa Superior Networks, avuga ko abantu 6,000 bagiyeho mu masaha 24 bikaba ngombwa ko baba bahagaritse kwakira abashya.

“Server” uhisemo iba kimwe mu bigize “user name” yawe nukuvuga ko ubaye wakoresheje izina ryanjye kuri Twitter, zsk, mpitamo server ya UK, “user name” yawe iba @[email protected] iyo niyo ‘address’ yawe ukaba ariyo washakiraho.

Iyo muri kuri “server” imwe ushobora gushakisha ukoresheje izina ry’umuntu gusa, ariko iyo muri kuri ‘servers’ zitandukanye ukenera address yose y’uwo ushaka.

Bitandukanye na Twitter, Mastodon ntabwo yakurangira abantu wakurikira.

Kuki hariho servers?

Mastodon ntabwo ari urubuga rumwe. Ntabwo ari “ikintu” kimwe kandi ntabwo ari urw’umuntu umwe cyangwa kompanyi. Izo ‘servers’ zose zahurijwe hamwe zikora ‘network’ imwe, ariko zifitwe n’abantu n’ibigo bitandukanye.

Ibi byitwa ‘decentralised’, kandi hari benshi bakunda ubu buryo kuko ntibushobora kugengwa n’umuntu cyangwa ikigo kimwe, ntiwabugura cyangwa ngo ubugurishe.

Gusa ikibazo cy’ibi nuko uba ugengwa n’umuntu cyangwa ikigo kigenzura “server” uriho mu gihe bakwanzura kuyireka nawe uhita utakaza konti yawe.

Akaba ariyo mpamvu Mastodon irimo gusaba ba nyiri “servers” guha abaziriho amezi atatu y’integuza mu gihe baba bafashe umwanzuro wo kuzifunga.

Uwashinze urubuga rwa Twitter ariwe Jack Dorsey nawe akaba yayobotse uru rubuga rushya ndetse akaba arimo gukoreshaa network yitwa BlueSky kandi akaba yifuza ko Mastodon izaba “decentralised”.

Mastodon ikora igenzura gute?  

Umuntu ashobora gutanga ikirego kubera ubutumwa runaka kuri ba nyiri “server”.

Niba ari amagambo y’urwango cyangwa ubutumwa butemewe ba nyiri “server” bashobora kubisiba ariko ibyo ntibivuze ko buba busibwe ahantu hose.

Kugeza ubu nta matangazo yo kwamamaza ariho nubwo bitakubuza kwandika ubutumwa bwamamaza kompanyi yawe cyangwa ibicuruzwa.

Mastodon kandi ntabwo itanga uburyo nk’ubwa Twitter bwo kureba ubutumwa bwinshi muri rusange ubona gusa ibyo abo ukurikira barimo kuvuga.

Ibirebana n’igiciro kireba uyikoresha kugeza ubu biterwa na “server” uriho kuko zimwe zisaba inkunga, kuko zitishyurwa, ariko muri rusange kuyikoresha ni ubuntu.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In