Tuesday, September 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Birababaje! Abagabo 400 basambanyije umwana w’imyaka 16 mu gihe cy’amezi 6 gusa

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/11/19
in NTIBISANZWE, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu Buhinde, abagabo barindwi bafatiwe mu burengerazuba bw’iki gihugu nyuma y’aho umukobwa w’imyaka 16 avuze ko amaze gusambanywa ku ngufu n’abagabo babarirwa mu magana mu gihe cy’amezi atandatu gusa.

Nk’uko byatangajwe na Perezida wa CWC, Abhay Vitthalrao Vanave, mu kiganiro yagejeje kuri komite ishinzwe imibereho myiza y’abana mu Buhinde (CWC) ku ya 11 Ugushyingo, uyu mukobwa utagira aho aba, yavuze ko yasambanijwe n’abantu 400 mu karere ka Beed, muri leta ya Maharashtra.

IZINDI NKURU WASOMA

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

Bwana Vanave yavuze ko uyu mwana w’umukobwa yakoraga umwuga wo gusabiriza aho bisi ihagarara, aza kujyanwa ku gahato n’abagabo batatu.

Yongeyeho ko nubwo umubare w’abakekwaho kumufata ku ngufu utoroshye kubyemeza, uyu mukobwa yashoboye kumenya byibuze 25 bakekwaho icyaha.

Vanave yavuze ko uyu mukobwa yari yagerageje gutanga ikirego kuri polisi ku mugabo yashinjaga ko yamukubise, ariko abapolisi ntibamwandika.

Ku wa mbere, baganira na CNN dukesha iyi nkuru abapolisi i Beed ntacyo batangaje ku byo uyu mukobwa avuga.

Ku wa mbere, abapolisi batangaje ko banditse dosiye ku bagabo umunani – barimo n’ingimbi bashinjwa ibijyanye no gufata ku ngufu no guhohotera abana ku byaha by’imibonano mpuzabitsina, bikubiyemo ibihano bikaze ndetse n’igifungo kirekire.

Uru akaba arirwo rubanza rukomeye cyane rwo kugaragaza ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kiri muri icyo gihugu cy’ Ubuhinde.

Raporo y’abapolisi ivuga ko uyu mukobwa yabwiye polisi ko yashatse afite imyaka 13 n’umugabo w’imyaka 33 wamusambanyije ku ghato.

Yabwiye kandi abapolisi ko yasambanijwe na se, amaherezo bituma ava muri izi ngo zombi kajya arara aho bisi zihagarara.

Yogita Bhayana, uharanira uburenganzira bw’umugore, yavuze ko ari “urubanza rubabaje cyane (gufata ku ngufu) mu mateka”.

Ati: “Uyu mukobwa yicwa urubozo buri munsi, abapolisi bananiwe kumurinda,Turashaka ko hafatwa ingamba zikomeye ku bagizi ba nabi”.

Nk’uko ibiro by’igihugu cy’Ubuhinde bishinzwe ibyaha bibitangaza, ngo mu mwaka w’2020 havuzwe ibirego birenga 28.000 byo gukekwaho gufata ku ngufu abagore, aho kimwe gikorwa mu minota 18 cyangwa irenga. Abahanga bemeza ko umubare nyawo ari mwinshi, kuko benshi ngo badatangazwa kubera ubwoba.

Bivugwa ko ngo kugeza ubu umubare w’abafashwe ku ngufu wiyongereye mu myaka yakurikiyeho nyuma y’ikirego kibabaje cyo gufata ku ngufu cyabaye mu mwaka wa 2012 no kwica umunyeshuri mu murwa mukuru w’Ubuhinde, New Delhi, iki kibazo kikaba gikomeje gufata intera nyuma y’umuriro watangiye gucumbeka kuva icyo gihe.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023
1.5k
HOME

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023
1.4k
HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In