Abatari bake BATUNGUWE n’urukundo rudasanzwe aho umuntu ufite ubumuga bwo kuba mugufi yashyingiranwe n’umugore w’ikizungerezi
Umugabo ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije ndetse ugaragara nk’uciriritse yashyingiranwe n’umugore bigaragara ko yifashije ndetse ufite uburanga n’ikimero gitangaje.
Amos Ufuomi Asigri na Hope Obgbheneuzuazor Ogbokor bombi bakaba bakomoka muri Nigeria muri leta yitwa Delita aho urukundo rwabo rwavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga.
Bivugwa ko uyu mugabo yari yarigeze gushaka undi mugore muri 2018 ariko bakaza gutandukana hanyuma akaza kwiyumvanamo n’uyu mugore bakoranye ubukwe by’agatangaza.
Aba bombi ngo urukundo rwabo rwagiye ruhura n’imbogamizi ikomeye kuko abatari bake barwanyije uru rukundo karahava ariko bene rwo babima amatwi.
Aba bombi rero bakaba bamaze kwemeranya kubana akaramata.