Umunyamakuru wo mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Ntarama usanzwe akorera kimwe mu binyamakuru byandika kuri murandasi mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa mugenzi we.
Uyu munyamakuru w’imyaka 40 y’amavuko, asanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, ari na ho yafatiwe nyuma yo gukubita umugabo mugenzi we w’imyaka 45 akamukomeretsa, aho bivugwa ko ari icyaha yasubiriye kuko yari yarigeze no kugikora muri 2021.
Amakuru avuga ko uyu mugabo yifashishije inkoni akubita mugenzi we ikamukomeretsa mu mutwe.
Ikinyamakuru Taarifa, cyemeje aya makuru ko uyu munyamakuru ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Ntarama mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Urwego w’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rucumbikiye uyu mugabo usanzwe ari Umunyamakuru kugira ngo rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha.
Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwanenze imyitwarire y’uyu munyamakuru kuko ubusanzwe umuntu ukora uyu mwuga aba akwiye kuzirikana ko ari indorerwamo ya rubanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RMC, Mugisha Emmanuel yagize ati “Umunyamakuru aba agomba kumenya ko ari ikitegererezo cya benshi, akibuka ko abaturage bamufata nk’umuntu akomeye bityo akirinda icyashyira icyasha kuri we ndetse no ku mwuga akora.”
Clement Bagemahe