Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Bugesera: Urubyiruko rw’abakobwa biteje imbere binyuze mu kudoda imyenda

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/07/19
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu Karere ka BUGESERA mu murenge wa Ntarama Abakobwa babyariye iwabo bakora umwuga w’ubudozi mu matsinda mato bemeza ko kwihangira umurimo byabarinze kongera gushukwa ahubwo bakihangira imirimo yo kubateza imbere.

Uwimana Anitha ni umwe mu bakobwa babyariye iwabo bakorera umwuga w’ubudozi mu Kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama, avuga ko nyuma wo kwiga uyu mwuga yiteje imbere bimurinda gukora imirimo ivunanye no gusabiriza.

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Ati: “Mbere tutarahugurwa twabonaga amafaranga bitugoye kandi nabwo byadusabaga guhingira abaturage muri nyakabyizi cyangwa tugakora ikiyede aho bari mu bikorwa byo kubaka amazu. Noneho nyuma yo kwiga uyu mwuga w’ubudozi, byaduhaye amahirwe yo gukorera amafaranga adufasha gutunga abana bacu twabyaye ndetse tukanizigamira.”

Akomeza avuga ko we na bagenzi be babyariye iwabo uyu mwuga ubarinda kwiyandarika ngo kuko mbere abo babyaranye abo bana babasabaga kuryamana mbere yo kubaha ibitunga abana.

Ati: “Uyu mwuga watumye twihesha agaciro bituma abagabo twabyaranye abana batongera kudufata uko biboneye; kuko mbere baradusuzuguraga bakadusaba kuryamana nabo kugira ngo baduhe ibidufasha kurera abana bacu, ariko ubu ntacyo tubakeneraho kuko uyu mwuga udufasha kubarera kandi tukanizigama.”

Uwimanimpaye Adeline,akorana na mugenzi we Uwimana ndetse na Mukashyaka Dative bose bishyize hamwe bakora itsinda ry’umwuga wo kudoda; aho na we avuga ko nyuma yo guhabwa amahugurwa y’ubudozi mu gihe cy’umwaka umwe bigishwa na Fondasiyo Gasore Serge byabagiriye akamaro bakiteza imbere nyuma y’imibereho yo kubyara bamuteye inda atateganyije.

Ati: “Nyuma y’ubuzima bugoye bwo kubyara umwana ntafite ubushobozi kandi ntabana na se w’umwana, nagize amahirwe mpabwa ubumenyi mu mwuga w’ubudozi njye na bagenzi banjye duhugurirwa muri Fondasiyo Gasore Serge, noneho dusoje twishyira hamwe dukora itsinda ry’abantu batatu twiteza imbere. Uyu munsi tubona ibidutunga ndetse tukanizigama uko dushoboye; kandi byatuzamuriye imibereho ku buryo nta muntu wakongera kudushukisha amafaranga cyangwa ikindi kintu kuko natwe dushobora kukigurira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntarama, Uwamugira Martha avuga ko ibikorwa byo gufasha abakobwa babyariye iwabo bituma habaho kwihangira imirimo kuri uru rubyiruko.

Ati: “Ibi bikorwa byo gufasha abakobwa babyariye iwabo bakiga imyuga, bibafasha kubona imirimo bigatanga akazi kabashoboza kwitunga ubwabo no kunganira imiryango yabo, bigatuma batiyandarika bityo bikabafasha gutegura ejo hazaza heza kuri bo n’abana babo.”

Mu Murenge wa Ntarama habarurwa abagera kuri 245 bamaze guhugurwa mu bijyanye n’umwuga w’ubudozi, ahanini bikorwa ku bufatanye n’umufatanyabikorwa w’Akarere Fondasiyo Gasore Serge ugira uruhare mu guteza imbere uburezi, kwigisha imyuga abaturange mu rwego rwo kubafasha kwigira.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
AMAKURU

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In