Tuesday, September 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Bugesera:Ibivugwa ku makuru y’umusaza bivugwa ko amaze imyaka irenga 27 aziritse mu mugozi

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/29
in NTIBISANZWE
0
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

BUTERA Pascal Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera yanyomoje amakuru avuga ko mu Murenge ayobora hari umusaza uba mu mugozi ndetse avuga ko yitabye Imana umwaka ushize yarahawe akagare ko kugenderaho.

Uyu musaza yari atuye mu burasirazuba bw’u Rwanda mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera amazina ye akaba ari Mihigo Ezekiel.

IZINDI NKURU WASOMA

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

Bivugwa ko uyu musaza yitabye Imana tariki 23/10/2021 azize uburwayi ariko ubuyobozi bukemeza ko na mbere yo kwitaba Imana yari abayeho mu buzima butari bwiza ahanini ngo bitewe n’amakimbirane yagiranye n’umuryango we.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge BUTERA Pascal yatangarije Ibendera.com ko amakuru avugwa yo kuba mu kiziriko nk’ihene ari ibinyoma ko ndetse yitabye Imana.

Agira ati:” MIHIGO Ezechiel ndamuzi yitabye Imana umwaka ushize tariki 23/10/2021 ndetse akaba yarazize uburwayi kuko yararwaye ajyanwa kwa muganga hanyuma aza gushiramo umwuka aho yararwajwe n’umuhungu we”.

Gitifu BUTERA asoza agira ati:”Mu by’ukuri yari asanzwe abayeho mu buzima butari bwiza cyane bitewe no kuba yaragiye agirana amakimbirane n’umuryango we, umugore we aza kwigendera ndetse n’abana be barigendera bajya kuba ahandi asigara wenyine ariko Akarere kaje kumuha akagare ko kugenderaho kuko yarafite ubumuga, ntabwo ibyo kuba mu mugozi ari ukuri”.

Ni mu gihe ku mbuga nkoranyambaga hari hakomeje kunyura amakuru avuga ko uyu musaza Muzehe Ezekiel amaze imyaka irenga 27 aziritse mu mugozi ndetse akururwa n’ihene ijyanwa kurisha cyangwa kuragirwa.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023
1.5k
HOME

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023
1.4k
HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In