Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Burera: Ibibazo by’ubwiherero byafashe indi ntera

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/04/05
in NTIBISANZWE, HOME
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera mu Murenge wa Cyanika, Akagari ka Kagitega mu Mudugudugudu wa Kidaho, bavuga ko babangamiwe no kuba abaturanyi babo bo mu miryango y’abasigajwe inyuma n’amateka, batagira ubwiherero kuko ubwo bubakiwe n’akarere bwangiritse kandi bukaba bushobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Uwingabire Clementine ni umwe mu baturanye n’umudugudu abasigajwe inyuma n’amateka batujwemo, yabwiye Kigali Today ko kutagira ubwiherero kuri bo bituma haza umutekano muke mu baturage.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Yagize ati “Kuba abasigajwe inyuma n’amateka hano ubwiherero akarere kari karabubakiye bwarangiritse ni ibintu biteza umutekano muke, kuko hari ubwo bituma mu myaka yacu. Ikindi kandi niba wabibonye ubwiherero bwabo bashobora kugwamo kuko imbabari zaraboze zirarigita, hasigara ibirangarizwa”.

Sindayiheba Eliab we asanga kutagira ubwiherero muri iyo miryango byakurura n’indwara zikomoka ku mwanda.

Yagize ati “Urabona ko ubwiherero bwabo bwarangaye, kandi bakomeza no kubwihengekamo kubera kubura uko babigenza, ubu rero amasazi avamo ashobora gutuma turwara inzoka, amacinya n’ibindi. Nifuza ko ubuyobozi bwareba uko bububakira ubwiherero kugira ngo tutazafatwa n’indwara zikomoka ku isuku nkeya, ndetse n’amakimbirane agabanuke mu baturanyi”.

Abasigajwe inyuma n’amateka na bo bashimangira ko kutagira ubwirero bibabangamira, kandi bibakurira amakimbirane n’abaturanyi, nk’uko Bigiramana yabibwiye Kigali Today.

Yagize ati “Kuri ubu n’ubwo dufite ikibazo cy’amazu yacu yashaje ariko icy’ingenzi ni uko twabona ubwihero, kuko kujya kubutira biratubangamira. Ubuyobozi bwatwubakiye ubwiherero ntibwamaze kabiri bwahise burigita inkuta nazo ziragwa, ubu ni ukujya mu gisambu cyangwa mu baturanyi, rwose twifuza ko twagira ubwiherero”.

Uwimbabazi Françoise nawe avuga ko kutagira ubwiherero bibatera impungenge ku bana babo.

Yagize ati “Ubu bwiherero bwararigise ni ibyobo byasamye gusa, ubu rero niba tutabonye abagiraneza ngo batwubakire ubndi abana bacu bazagwamo, kandi nta bushobozi dufite bwo kuba twabwiyubakira. Uzi kujya gukinguza umuturanyi ngo agutize ubwiherero? Ni ikibazo, baramutse batekereje kudusanira inzu bahera kuri ubu bwiherero”.

Bantegeye Venantie ni Umukozi w’Umurenge wa Cyanika ushinzwe imibereho myiza y’abaturage no kurengera abatishoboye, yemeza koko ko ikibazo cyo kuba batagira ubwiherero kizwi.

Yagize ati “Ni byo koko bariya basigajwe inyuma n’amateka kuba bafite ikibazo cy’ubwiherero birazwi, ariko kubera ko baturanye twabasabye kujya bakoresha ubw’abaturanyi babo. Kuba batagira ubwiherero ni ikibazo, kuri ubu turimo gukora ubuvugizi kugira ngo babe bakubakirwa ubwiherero, kuko ikibazo cyabo kirenze ubushobozi bw’umurenge”.

Abo basigajwe inyuma n’amateka bamaze imyaka 6 muri uwo mudugudu, ariko ubwiherero bwabo kimwe n’inzu bimaze gusaza.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In