Sunday, September 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Dukwiriye gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya abasenya ubumwe bw’Abanyarwanda-Hon Christine MUKABUNANI

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/05/23
in HOME
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu mahugurwa yo gukoresha ikoranabuhanga, Abanyamuryango b’Ishyaka PS Imberakuri bahawe umukoro n’umuyobozi mukuru w’iri Shyaka Hon MUKABUNANI Christine wo kurwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda bakoresheje ikoranabuhanga nabo bakabatsinda barikoresheje 

Ni amahugurwa y’umunsi umwe yabereye i Kigali kur’uyu wa 22 Gicurasi 2022 aho abarwanashyaka n’abandi banyuranye bitabiriye amahugurwa yo gukoresha ikoranabuhanga yateguwe n’Ubuyobozi bw’Ishyaka P S Imberakuru aho aba basobanuriwe n’uburyo zimwe mu mbuga nkoranyambaga zikora ndetse banasabwa kuzikoresha barwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Abitabiriye aya mahugurwa bibukijwe ko abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda harimo abifashisha ikoranabuhanga maze nabo basabwa kuba maso mu gukurikoresha barwanya bene abo bashaka kubusenya.

Ubwo yasozaga ku mugaragaro aya mahugurwa Umuyobozi mukuru w’Ishyaka PS Imberakuri Hon MUKABUNANI Christine yasabye abantu kuba maso mu gihe ubu isi iri kwiruka mu iterambere maze abanyamuryango b’iri shyaka nabo bakagendana n’ibihe ariko abibutsa ko bakwiriye gukoresha ikoranabuhanga mbere na mbere barwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Yagize ati:”Turabakangurira gukoresha ikoranabuhanga kuko ubu isi iri kwiruka mu iterambere kandi ntitwifuza ko musigara inyuma, mukwiriye kandi kumenya gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya abashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda”.

Yasoje agira ati:”Abashaka gusenya ubumwe n’ubufatanye bw’Abanyarwanda ntibakwiriye kuturusha imbaraga kandi bataziturusha kuko twe uko turi hano dushobora gushyira hamwe tukarwanyiriza umugozi umwe kandi ntabwo byatunanira tubigizemo ubushake tukanabishyiramo imbaraga”.

Mur’aya mahugurwa kandi abanyamuryango bibukijwe ko PS Imberakuri ari Ishyaka ritarwanya Ubutegetsi ko ahubwo ari Ishyaka ritavuga rumwe n’Ubutegetsi aho ibitagenda neza ribivuga bigakosorwa ndetse rigasaba ko hakorwa n’ibyo ribona ko ari ngombwa ariko bikaba byarirengagijwe.

Mu bindi Ishyaka PS Imberakuri ryasabye ko:”Leta ikwiye kwihutisha kwishyura imyenda ibereyemo abaturage, kugira ngo bashobore guhangana n’izamuka ry’ibiciro”, ryanasabye kandi ko:” inzego z’umutekano mu Rwanda zigomba kongera imbaraga mu guhangana n’ikibazo cy’ubujura bukomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’igihugu”.

Ubuyobozi bw’iri Shyaka bwibukije kandi Abarwanashyaka baryo n’Abanyarwanda muri rusange kuzakira neza abazitabira Inama ya CHOGM ndetse no kuzakurikira neza ibizigirwamo.

Ni abahugurwa yitabiriwe n’Abanyamuryango batandukanye b’iri Shyaka n’Abanyamakuru banyuranye baturutse mu mujyi wa Kigali ndetse no hirya no hino mu Ntara zigize igihugu aho bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa bavuze ko bagiye gushyira mu bikorwa impanuro bayasaruyemo.

Ni amahugurwa yatangiwemo ibiganiro bibiri aribyo ikijyanye no gukoresha imbuga nkoranyambaga nka Twitter, facebook, whatsap, instagram, youtube n’izindi,…ndetse n’ikiganiro kivuga ku bumwe bw’Abanyarwanda aho bibukijwe ko kuba harabaye amacakubiri mu Rwanda byatewe n’Abazungu bazanye amoko bakayacengeza mu bantu ariko na none bitizwa umurindi n’ubuyobozi bwari buriho bubi.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

Ngoma: Abaturage baritegura gutaha ikigo nderabuzima gishya 

September 10, 2023

Rulindo: Abantu bacukuye imva batwara ibihumbi 500Frw uwapfuye yashyinguranywe

September 9, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In