Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IMIKINO

Hamenyekanye igituma umupira w’amaguru mu Rwanda udatera imbere

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/07/05
in IMIKINO
0
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuyobozi wa Ferwafa Olivier NIZEYIMANA nyuma yo kwirukana uwari umunyamabanga we muri Ferwafa Bwana Muhire Henry Blurart kubera amakosa yamugaragayeho, inama idasanzwe yatumijwe na Minisitiri MUNYANGAJU wa Siporo yategetse ko Muhire agomba kugarurwa mu kazi kandi bagakorana byanze bikunze.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022, binyujijwe ku rubuga rwa Twitter, Bwana Muhire Henry Blurart nyuma yo gusoza igihe yari yarahagaritswe ku mirimo ye, yagaruwe mu nshingano ze kubera inama ikomeye yategetse umuyobozi wa Ferwafa Olivier NIZEYIMANA na Visi Perezida we  gukorana na Muhire kandi ntihagire uwegura cyangwa ngo asezere.

IZINDI NKURU WASOMA

Ni igitangaza! Messi yarambuye ikiganza ahereza impano idasanzwe uwamufashije gutwara igikombe cy’isi

Stade ya Kigali i Nyamirambo igiye guhindurirwa izina

Uyu Muhire yari yahagaritswe tariki 20 Kamena 2022, nk’uko n’ubundi byanyuze ku rubuga rwa Twitter rwa FERWAFA bivugwa ko ahagaritswe kubera amakosa yakoze mu kazi ke.

Mu kiganiro urukiko rw’ubujurire gitambuka kuri Radio ya Fine FM ya hano mu Rwanda hatangajwe ko kur’uyu wa kane, Umuyobozi wa Ferwafa yasubitse inama yagombaga kujyamo hanze yari yateguwe na FIFA ndetse akaba yari yamaze no kwishyura ticket ariko aza gusabwa na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda Mme Aurore Mimosa Munyangaju kuyisubika ahubwo akitabira inama igomba gusuzumirwamo ikibazo cye n’Umunyamabanga we Muhire Henry Blurart akagarurwa mu kazi.

Bivugwa ko mur’iyi nama Bwana Olivier yavuze ko atagomba gukorana n’Umunyamabanga we ariwe Muhire Henry Blurart kuko ngo akurikije amakosa yakoze bitamworohera ko bakorana kandi akuzuza inshingano ze nk’umuyobozi mukuru wa FERWAFA ariko abatumije iyi nama baza kumutegeka kwemera gukorana nawe byanze bikunze.

Vizi Perezida wa FERWAFA HABYARIMANA MARCEL nawe yavuze ko hakurikijwe amakosa Umunyamabanga Muhire Henry Blurart yakoze bitakunda ko bamugarura mu kazi, gusa aba bombi byabaye nko kugosorera mu rucaca kuko byarangiye inama yari yatumijwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda Mme Aurore Mimosa Munyangaju ikitabirwa n’Umunyamabanga uhoraho muri Minispoc SHEMA MABOKO Didier, Martin NGOGA Umuyobozi wa komite ishinzwe imyitwarire ya FIFA, Muhire Henry Blurart wagombaga kugarurwa mu kazi mu nzu ya FERWAFA nk’Umunyamabanga mukuru n’abandi,,, yaje kurangira Abayobozi ba FERWAFA bategetswe ko Muhire Henry Blurart agomba kugarurwa mu kazi kandi ntihagire umuntu n’umwe wegura mu kazi cyangwa ngo yirukanwe.

Bivugwa ko ibi bikimara kuba Umuyobozi wa FERWAFA Olivier NIZEYIMANA yahise atumiza inama ngo yegure ariko inama imaze gutangira bikaza kurangira hari abayobozi bahise bamugeraho bakamusaba imbabazi bamubwira ko atagomba kwegura kugira ngo hatagira abandi bayobozi bakuru b’igihugu babyinjiramo.

Nyuma y’aya makuru uyu munsi nubwo Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugarurwa mu kazi ariko biravugwa ko Umuyobozi wa FERWAFA we ataragaruka mu kazi ndetse na telefoni ye ikaba itariho.

Uretse Muhire wari wirukanwe akaba yagaruwe mu kazi haribazwa niba umukozi ushinzwe amarushanwa, Nzeyimana Felix nawe wirukanwe umunsi umwe na MUHIRE ashobora kugarurwa mu kazi ndetse hakaba hibazwa umusaruro aba bantu bagiye gukorana mu nzu ya FERWAFA bafitanye ibibazo bazatanga.

Ibi kandi bibaye nyuma y’uko uyu MUHIRE Henry Blurart ndetse n’uyu NIZEYIMANA Felix ibibazo byabo byari byagejejwe muri RIB gusa kugeza ubu nta kindi kiramenyekana, tukazabagezaho andi makuru mu gihe tuzaba twabashije kugira icyo tumenya cyisumbuyeho cyangwa twabashije kuvugana n’umuyobozi wa FERWAFA .

Bwana Muhire Henry Blurart wakoze amakosa muri FERWAFA akaba yagororewe kugarurwa mu kazi
NIZEYIMANA Olivier uyobora FERWAFA wategetswe kugarura mu kazi uwo yari yarirukanye

KURIKIRA VIDEO N’AMAJWI Y’UKO IBI BINTU BYOSE BYAGENZE:

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

LUSAIL CITY, QATAR - DECEMBER 13: Lionel Messi celebrates after their sides third goal by Julian Alvarez of Argentina during the FIFA World Cup Qatar 2022 semi final match between Argentina and Croatia at Lusail Stadium on December 13, 2022 in Lusail City, Qatar. (Photo by Clive Brunskill/Getty Images)
HOME

Ni igitangaza! Messi yarambuye ikiganza ahereza impano idasanzwe uwamufashije gutwara igikombe cy’isi

March 2, 2023
1.4k
HOME

Stade ya Kigali i Nyamirambo igiye guhindurirwa izina

February 28, 2023
1.5k
IMIKINO

Umukinnyi w’ikipe ya Ghana yitabye Imana agwiriwe n’ibikuta by’inzu

February 18, 2023
1.4k
IMIKINO

Utarahiriwe muri Miss Rwanda yinjiye mu Itangazamakuru rivugwamo ubukene bukomeye

October 27, 2022
1.6k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In