Mu itsinda ry’abatoza ba Rayon Sports FC bayobowe na Irambona Eric Masudi Djuma, humvikanye umwuka mubi uturuka ku kuba abungirije batishimiye uko babanye n’umutoza mukuru.
Ikibazo cyo kutumvikana hagati ya Masudi n’abo bafatanyije kimaze iminsi ariko ntabwo kigeze kigarukwaho cyane mu itangazamakuru.
IGIHE yamenye ko amahari hagati y’impande zombi yaje kwiyongera ubwo Rayon Sports yatsindwaga na Kiyovu Sports ibitego 2-1 ku Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021 mu birori byo kwerekana abakinnyi iyi kipe izakoresha mu mwaka w’imikino 2021/2022.
Impamvu yo kutarebana neza ishingiye ku kuba abatoza bungirije barimo Lomami Marcel na Dusange Sacha, bahabwa akazi k’inyongera mu gihe kadakubiye mu masezerano.
Amakuru avuga ko ku wa Gatatu, tariki 27 Ukwakira 2021, habaye inama yahuje bamwe mu bagize Komite Nyobozi ya Rayon Sports ndetse n’abatoza b’iyi kipe hagamijwe kubunga.
Bivugwa ko Masudi Djuma na bagenzi be basabwe kubahana kugira ngo babashe gukora akazi neza batishishanya.
Andi makuru avuga ko uyu mutoza mukuru w’iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda, ngo iyo imyitozo irangiye ahita agenda atavugishije umuntu n’umwe yaba mu bakinnyi no mu batoza bungirije.
Gusa ibi byose, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwabihakanye nk’uko Umuvugizi w’iyi kipe, Jean Paul Nkurunziza yabibwiye IGIHE dukesha iyi nkuru.
Ati “Nta kibazo tuzi bafitanye. Nta n’umutoza urabwira ubuyobozi ko hari ukudahuza. Nta nama yabaye.”
Muri Nyakanga 2021 ni bwo Masudi Djuma yerekanywe nk’umutoza mukuru wa Rayon Sports mu gihe cy’imyaka ibiri imbere.
Uyu mugabo ukomoka mu Burundi ni we wizaniye abungiriza be basanga Kabalisa Calliope utoza abanyezamu na Mwiseneza Djamal ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi. Uyu mutoza yagarutse muri Rayon ku nshuro ya kabiri nyuma yo gutandukana nayo mu 2017 ubwo yari amaze kuyihesha igikombe cya Shampiyona.