Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Huye: Barasaba kwegerezwa serivisi za RFL

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/08/20
in AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu gikorwa cyo kumenyekanisha ibikorwa bya Laboratoire yo gupima ibizamini bya gihanga bishingiye ku butabera cyiswe Menya RFL Compaign bamwe mu bayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo basabye ko bakwegerezwa serivisi a RFL 

Kur’uyu wa Gatanu tariki ya 19 Kanama 2022 gahunda yo kumenyekanisha ibikorwa bya Laboratoire y’Igihugu yo Gupima Ibizamini bya gihanga yakomereje mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye aho abitabiriye ubu bukangurambaga bibukijwe ko iyi gahunda igamije gutuma umuturage amenya servisi zitangwa n’iyi Laboratoire kandi bikaboneraho gutuma anarenganurwa mu Nkiko.

IZINDI NKURU WASOMA

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Afungura ku Mugaragaro ubu bukangurambaga bwiswe Menya RFL Compaign, Umukuru w’Intara y’Amajyepfo Madame KAYITESI Alice yasabye Abayobozi gutanga ubutumwa ku muturage kugira ngo asobanukirwe imikorere y’iyi Laboratoire cyane ko izaba igisubizo ku butabera umuturage ahabwa mu Nkiko.

Aha agira ati:”Mbere mu nkiko hajyaga hifashishwa gutanga ubuhamya ariko ugasanga bitizewe neza ariko ubwo haje Laboratoire umuturage ntazongera kurengana kuko azajya ahabwa ubutabera bushingiye ku bizamini byizewe n’ibimenyetso kandi byapimwe neza”.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyamagabe, MURANGIRA NTACYO asaba ko ibikorwa by’iyi Laboratoire byamanuka bikengerezwa abaturage kuko ngo kujya i Kigali bihenze kandi akaba ari kure.

Hari n’abasabye ko mu gihe umuntu ukuriranyweho gutera inda umwana ukiri muto aho bisaba ko barindira ko abyara bagapima ibizamini by’Amasano (DNA) kandi ukekwaho icyaha afunze bajya bapima urusoro ntibategereze ko abyara mu rwego rwo gutanga ubutabera bwihuse.

Aha Umuyobozi mukuru wa RFL, Lt Col Dr. Charles Karangwa yavuze ko ku birebana no gupima urusoro rukiri mu nda byahagaze ubu bidakorwa bitewe na raporo ya Loni yagaragaje ko bigira ingaruka zo gutuma umwana avukana agahinda gakabije.

Ku birebana no kwegerezwa serivisi za RFL, uyu muyobozi avuga ko biri muri gahunda y’ibiri hafi gukorwa.

Agira ati:” Twabanje kubona ubushobozi bwo kubaka icyicaro cya RFL ku rwego rw’igihugu tukagiha ubushobozi buhagije kandi ubu urwego kigezeho ni rwiza, ubu rero tugiye gukurikizaho kugaba amashami ya RFL hirya no hino mu gihugu”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Elasme avuga ko ubu bukangurambaga buje ari igisubizo ku muturage kuko buzakemura ibibazo birimo n’iby’imiryango aho wasangaga umwe ashinja undi kumuca akabyara ku ruhande ariko mu gihe bazajya bifashisha iyi Laboratoire bikazakemura ibi bibazo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Elasme

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye bo muri iyi Ntara kuva ku Mukuru wayo kugeza ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge, Abakozi ba RIB, Polisi ndetse n’izindi nzego zifite aho zihurira n’ubutabera n’imiyoborere.

Laboratoire y’Igihugu yo gupima ibizamini bya Gihanga RFL yatangiye mu mwaka wa 2018 ikaba kugeza ubu imaze gukora dosiye zirenga ibihumbi 30 zirimo gupima ibizamini bishingiye ku masano (DNA), gupima ingano ya Alcohol iri mu mubiri w’umuntu, gupima umurambo w’umuntu hagamije kumenya icyamwishe n’izindi,…….

Umuyobozi mukuru wa RFL, Lt Col Dr. Charles Karangwa
Umukuru w’Intara y’Amajyepfo Madame KAYITESI Alice

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In