Wednesday, May 31, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Ibyo wamenya ku mugore wavukiye mu bakene akaza kuba Minisitiri mu Rwanda

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/04/10
in AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Inkuru ikunze kugaruka kenshi kandi bamwe bakaryoherwa no kuyumva ni inkuru ya Uwiringiyimana Agatha wabaye umugore wakoze ibintu bikomeye aho yigiriye icyizere nyuma yo kuvukira mu bakene akiga kugeza abaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda.

Ku gasozi ka Muhororo mu karere ka Gisagara mu majyepfo y’u Rwanda ni ho havukiye Agathe Uwilingiyimana, Minisitiri w’intebe w’umugore umwe rukumbi mu 10 babayeho mu mateka y’u Rwanda kugeza ubu akaba yibukirwaho byinshi.

Yavukiye mu rugo rukennye nk’uko musaza we witwa Gaspard Hangimana yabitangarije BBC.

Uyu musaza we ni umugabo w’imyaka 75, utuye i Muhororo, mu cyahoze ari segiteri Gikore ya komine Nyaruhengeri, ubu ni mu murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo akaba ari umwana wa kane mu bakobwa batandatu n’abahungu babiri.

Uyu avuga ko mushiki we yari umuntu w’ibakwe wagiraga ishyaka ryo kwiga akaba umuntu ujijutse mu mutwe ibintu bishobora no kuba aribyo byatumye aba Minisitiri w’Intebe.

Avuga ko gukunda kwiga kwe byatumye ku myaka ye itanu, mu gihe ubusanzwe abandi byabasabaga kubanza kuzuza imyaka irindwi, we ngo ni bwo yatangiye amasomo ku ishuri ribanza rya Gikore.

Uyu avuga ko bitagoranye nubwo yari ataruzuza imyaka kuko ngo mu gikuriro wabonaga asa n’ufite nk’imyaka icumi.

Uyu kandi asoza avuga ko mushiki we yabaga uwa mbere, ubundi rimwe na rimwe akaba uwa kabiri, usibye ngo  inshuro imwe yibuka yabaye uwa gatatu.

Musaza we akomeza avuga ko nyuma yaje gutsindira kujya kwiga mu ishuri ryisumbuye riyoborwa n’ababikira rya Lycée Notre-Dame de Cîteaux mu mujyi wa Kigali, ahiga amasomo ya siyansi arimo ibinyabuzima n’ubutabire (Bio-Chimie).

Musaza we Gaspard Hangimana avuga ko aha ahavuye yaje gukomereza mu ishuri rikuru ry’ubwarimu IPN (Institut Pédagogique National du Rwanda), ahava ajya muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, amashuri yombi icyo gihe yari i Butare.

Uyu musaza we asoza avuga ko Uwiringiyimana yinjiye muri politiki mu mwaka w’1992 anyuze mu ishyaka ritavugaga rumwe n’ubutegetsi rya MDR (Mouvement Démocratique Républicain), aho mu kwezi kwa kane uwo mwaka uwari Minisitiri w’intebe Dismas Nsengiyaremye na we wo muri MDR yahise amugira Minisitiri w’uburezi (1992-1993) maze nyuma yaho, muri iyo guverinoma yari ihuriweho n’amashyaka menshi, Uwiringiyimana aza kuba Minisitiri w’intebe (1993-1994).

Madame Uwingiyimana Agatha

Madame Uwingiyimana Agatha yamenyekanye kandi mu guharanira uburezi bw’abakobwa abashishikariza kwiga amasomo ya siyansi nka basaza babo aho yagiye agerageza no gukemura bimwe mu bibazo byatsikamiraga cyangwa bigaha amahirwe bamwe abandi bagahezwa mu mashuri.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

Related Posts

HOME

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023
1.5k
HOME

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023

Kigali: Dasso yafunzwe akurikiranweho icyaha cya ruswa

May 23, 2023

Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi agiye kurongora umukobwa wahoze ayobora Radio ikomeye mu Rwanda

May 22, 2023

Kwibuka 29: ADEPR Kabeza bibutse abakirisitu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

May 21, 2023

Umugore yakoze igisa n’ubukunguzi mu biroli byo kumenya uko azaba ameze ari gushyingurwa napfa

May 18, 2023

Mu bitaro bya Kabgayi, Ibihombo biravuza ubuhuha

May 18, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In