Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ikibazo cy’imyumvire kiracyari imbogamizi ku iterambere ry’amashuri ya TVET

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/09/08
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuyobozi mukuru wa RTB, Ing. Paul Umukunzi, avuga ko hari abantu bagifite imyumvire yo kumva ko amashuri ya TVET ari ay’abaswa, agasaba ko iyi myumvire ihinduka buri wese akamenya ko aya mashuri ari ay’abahanga bashaka kwiteza imbere no guteza igihugu cyabo imbere

Ibi byagarutsweho n’abitabiriye inama nyunguranabitekerezo yateguwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe guteza imbere Amashuri ya Tekinike, Imyuga n’Umubumenyingiro mu rwego rwo kurebera hamwe icyakorwa ngo intego igihugu cyihaye yo kugira 60% by’abanyeshuri basoza icyiciro rusange bige bene ayo masomo.

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Umuyobozi mukuru wa RTB, Ing. Paul Umukunzi, yavuze ko hakiri imyumvire itari myiza kuri bamwe ariko avuga ko hari gukorwa ibishoboka byose ngo intego yo guteza imbere aya mashuri igerweho.

Agira ati:“Twasanze hari bamwe mu bantu bagifite imyumvire itari myiza, usanga bavuga ngo amashuri y’imyuga ni ay’abaswa n’abananiranye nyamara sibyo, ibi bikwiriye guhinduka bakamenya ko ahubwo aya mashuri ari ay’abahanga n’abashaka gutera imbere, bifuza kwiteza imbere no guteza imbere igihugu cyabo”.

Akomeza agira ati:”Ubu imyumvire imaze kuzamuka kuko dutangira imyumvire yari ku kigero cya 31% ariko ubu tugeze kuri 40% aho umuntu wize aya mashuri iyo arangije usanga adashobora kubura akazi ku isoko ry’umurimo nyamara abandi baba bataka ubushomeri, ikindi abantu bakwiriye kumenya nuko umuntu wiga aya mashuri ahubwo aba ari umuhanga ukomeye kuko ntiwakoresha ikoranabuhanga utari umuhanga”.

Umuyobozi mukuru wa RTB, Ing. Paul Umukunzi

Avuga ko nubwo hakiri abantu bafite imyumvire itari myiza kur’aya mashuri ariko ubukangurambaga bukomeje kandi ko hari intambwe imaze guterwa kandi nziza ugereranyije nuko byahoze mbere aho avuga ko mu mirenge yose yo mu Rwanda hari amashuri y’ubumenyi ngiro uretse mu mirenge ibiri gusa kandi ngo naho iki kibazo kiraba cyakemutse mu minsi mike.

Asoza avuga ko gukora ubukangurambaga ari urugendo rukomeza ku rubyiruko no ku babyeyi aho avuga ko mu byo bakora harimo no kubaka amashuri ngo umunyarwanda wese ukeneye aho yakwiga amasomo nk’aya abone ishuri kandi aribone  hafi.

Yavuze ko hakenewe ubufatanye bwa buri wese kugira ngo abiga amashuri ya tekiniki imyunga n’ubumenyingiro bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu kuko bisaba ko inzego zose zigendana n’iterambere ry’ikoranabuhanga ryigishwa.

Ni inama yanitabiriwe n’abashinzwe uburezi mu mirenge yose igize igihugu cy’u Rwanda, abashinzwe uburezi mu turere twose n’abahagarariye amadini hagamijwe kuganira ku iterambere ry’aya mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.

Kugeza ubu ikigero cy’urubyiruko rw’abarangiza mu cyiciro rusange (tronc commun) bajya muri aya mashuri ni 40% aho Intego ya Leta aruko nibura mu mwaka wa 2024 baba bageze kuri 60% aho mu mirenge igera kuri 222 mu mwaka ushize wa 2022 hatari hari ishuri rya TVET ariko uyu munsi mu mirenge 90 bakaba bayafite naho mu mirenge 24 batayafite nabo mu mwaka wa 2024 bakazaba bamaze kuyabona.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
AMAKURU

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In