Tuesday, May 30, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/03/26
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Bamwe mu bari n’abategarugori bavuga ko banduye agakoko gatera SIDA biturutse kubo bashakanye babaciye inyuma barangiza bakabaharika none ubu bakaba bugarijwe n’ubukene n’ibindi bibazo by’imibereho.

NYIRANSABIMANA Agnes, ni umubyeyi w’Abana 4, avuga ko yanduye SIDA biturutse ku mugabo we wamuciye inyuma yarangiza akamuharika, akajya kwishakira abandi abagore, ibi bikaba byaragize ingaruka kuri Nyiransabimana ndetse n’abana babyaranye.

IZINDI NKURU WASOMA

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

Agira ati:” Ubu imibereho yange n’abana imeze nabi, nagize ingorane zo kwandura agakoko gatera Sida biturutse ku mugabo wange aho yaje kunca inyuma akandura SIDA, bituma amparika antana n’abana twabyaranye”.

Akomeza agira ati:” Nyuma yo gusanga twaranduye SIDA, yagiye kwishakira undi mugore gusa yaje kuremba cyane biza no kumuviramo gupfa ansiga mu buzima bubi njye n’abana 4 twabyaranye nkaba nkomeje kubaho nabi cyane”.

Asoza asaba ubuvugizi n’ubufasha kugira ngo arebe ko yagira imibereho myiza kuko avuga ko atunzwe no kujya guhingira rubanda yaba atabonye uwo ahingira akabaho nabi we n’abo ban adore ko anavuga ko kubera ikibazo cy’ubushobozi hari umwe mu bana wabuze ubwishyu bw’ishuri akaba yararetse kwiga.

Nyuma yo kumva iki kibazo twavuganye na Bwana BIGIRIMANA Rene, Umuyobozi w’Umuryango CDE (Center for Development and Enterprise) Rwanda ufasha ukanakorera ubuvugizi abari n’abategarugori bahuye n’ibibazo nk’ibi atubwira ko bagiye kumukorera ubuvugizi we n’abandi bahuye n’ibibazo by’ubukene no guharikwa n’abo bashakanye kugira ngo ibibazo bafite bikemuke.

Aha Rene agira ati:” Dufatanyije na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango MIGEPROF tuzakomeza kubakorera ubuvugizi cyane ko twe nka CDE mu ntego zacu harimo gukorera ubuvugizi abari n’abategarugori bahuye n’ibibazo by’ubuharike n’ubukene”.

Bwana BIGIRIMANA Rene, Umuyobozi w’Umuryango CDE-RWANDA

Rene yongeraho ko habaho kwigisha abagabo n’abagore ku buryo bashobora kubana mu mahoro hakabaho ubuvugizi bw’Abari n’abategarugori cyane cyane bene aba baba barahuye n’ibibazo bikomeye nk’ibi biturutse ku kibazo cy’ubuharike, aho avuga ko buri muntu wese akwiye gufata iki kibazo nk’icye.

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango mu Rwanda itangaza ko kugeza ubu ikibazo cy’ubuharike gikomeje kuba bimwe mu bihangayikishije abantu aho usanga bigira ingaruka mbi ku bashakanye rimwe na rimwe bakicana, abandi bagakena ndetse bikagira ingaruka no ku bana baba baravutse ku mityango yahuye n’iki kibazo aho bava mu ishuri abandi bakaba inzererezi n’ibindi,…

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere mu Rwanda RGB bwo mu mwaka wa 2017, bwerakana ko ubuharike ari kimwe mu bibazo bituma habaho amakimbirane yo mu miryango aho mu mwaka wa 2016 honyine, amakimbirane yo mu ngo yahitanye abantu 142, barimo abagore 78 n’abagabo 64.

Ubu bushakashatsi kandi buvuga ko abanyarwanda babangamiwe n’iki kibazo bagera ku gipimo cya 85% aho usanga bituma bamwe bicana, abandi bagahura n’ibibazo nk’ibi byo kwandura SIDA, abana bakavutswa uburenganzira bwo kwiga n’ibindi.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023
1.5k
HOME

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023

Kigali: Dasso yafunzwe akurikiranweho icyaha cya ruswa

May 23, 2023

Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi agiye kurongora umukobwa wahoze ayobora Radio ikomeye mu Rwanda

May 22, 2023

Kwibuka 29: ADEPR Kabeza bibutse abakirisitu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

May 21, 2023

Umugore yakoze igisa n’ubukunguzi mu biroli byo kumenya uko azaba ameze ari gushyingurwa napfa

May 18, 2023

Mu bitaro bya Kabgayi, Ibihombo biravuza ubuhuha

May 18, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In