Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Rayon sports yisubije ikuzo imbere ya APR

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/06/04
in HOME, UBUZIMA
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Kuri iki Cyumweru kuri Stade mpuzamahanga ya Huye yakuyeho amateka mabi yari amaze imyaka ine Rayon Sports idatsinda APR FC iyitsinda 1-0 mu mukino w’umuns wa 19 wa shampiyona.

Ni umukino Rayon Sports yari yagaruye Rwatubyaye Abdoul byatumye Eric Ngendahimana akina hagati hamwe na Mbirizi Eric nawe wari wagarutse nyuma y’imvune. Ku rundi ruhande APR FC nta mpinduka nyinshi yakoze uretse kubanzamo Djabel Manishimwe maze Ishimwe Anicet abanza hanze mu gihe yari amaze iminsi abanza mu kibuga.

Umukino Rayon Sports yawutangiye ikina neza cyane mu minota ya mbere igerageza no kugera imbere y’izamu ariko uburyo ntibube bwinshi. Ibi ariko ntabwo byamaze igihe kinini kuko nyuma y’iminota 15 APR FC nayo yanyuzagamo igakina neza ariko bidahambaye.

Ku munota wa 28 Essomba Willy Onana yabonye uburyo bugana mu izamu ariko umupira awuteye Ishimwe Pierre arawufata. APR FC yahise izamukana umupira byihuse maze Bizimana Yannick ateye umupira ujya muri koruneri itatanze umusaruro.

Ku munota wa 31 Rayon Sports nayo yahise isatira byihuse ku mupira wazamukanwe na Essomba Willy Onana maze Ruboneka Jean Bosco amukorera ikosa ku ruhande rw’ibumoso ahabwa ikarita y’umuhondo ndetse na Xouo-Franc ya Rayon Sports.

Uyu mupira w’umuterekano watewe na Héritier Luvumbu maze Eric Ngendahimana atsinda igitego ku mupira wabanje gukurwamo na Ruboneka Jean Bosco ariko umusifuzi wo ku ruhande avuga ko igitego cyari cyagezemo.

Rayon Sports yakomeje gukina neza ugereranyije na APR FC ariko igice cya mbere kirangira Aba-Rayon barota kuba babona intsinzi kuri mucyeba nyuma y’imyaka ine batamutsinda.

Igice cya kabiri APR FC yagitangiye ikuramo Djabel Manishimwe na Byiringiro Lague batakinnye neza ishyiramo Ishimwe Anicet na Ishimwe Fiston.Rayon Sports nacyo yagitangiye ikina neza APR FC ikora bike,iyi kipe itahiriwe n’uyu mukino ku munota wa 67 yongeye gusimbuza ikuramo Niyibizi Ramadhan nawe utakinnye neza nk’uko bisanzwe ishyiramo Nshuti Innocent mu gihe Mugunga Yves yasimbuye Bizimana Yannick.

Rayon Sports yihariye umukino ku munota wa 77 yasimbuje
abakinnyi batatu icya rimwe yakuyemo Essomba Willy Onana, Mbirizi Eric na Heritier Luvumbu igashyiramo Iraguha Hadji, Kanamugire Roger na Ndekwe Felix. Ku munota wa 82 APR FC yongeye gukora impinduka ikuramo Ishimwe Fiston nawe wari wasimbuye yongera gusimburwa na Mugisha Gilbert.

Iminota ya nyuma y’umukino yaranzwe no kutemera ibyemezo by’abasifuzi ku batoza bungirije b’amakipe yombi bahawe amakarita y’umuhondo. Ku munota wa 87 yashakaga kwishyura yahushije uburyo bw’igitego ku mupira waruri mu kavuyo kenshi maze Mugunga Yves awuteye umunyezamu Hakizimana Adolphe awukuramo. APR FC yakomeje gushaka kwishyura ari nako Rayon Sports yirwanaho ariko umukino urangira itsinze 1-0

Rayon Sports itsinze APR FC bwa mbere nyuma y’imyaka ine kuko yabiherukaga tariki 20 Mata 2019 iyitsinda 1-0 kuri Sitade Amahoro. Kuyitsinda bikaba biyifashije kandi kuzamuka ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 36 ku mwanya wa kane inganya na AS Kigali na Gasogi United zose zikurikira APR FC ifite amanota 37 ku mwanya wa mbere.

 

 

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k
HOME

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In