Mu gihugu cya Tanzania Abantu 14 barimo abanyamakuru 6 bapfuye baguye mu mpanuka y’imodoka mu gihe abandi bari bayirimo bakomeretse bikomeye ubwo bari mu rugendo mu gace ka Busega.
Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Tanzania bitangaza ko ubwo iyi mpanuka yari imaze kuba, abantu 11 bahise bapfa ako kanya ibi bikaba byemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Busega, Garbriel Zakaria.
Abakomeretse bahise bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Nasa, batatu bandi niho bahise bapfira.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yihanganishije imiryango w’ababuze ababo, avuga ko ababajwe n’urwo rupfu aho yagize ati:’’Nihanganishije imiryango, abanyamakuru n’inshuti zabuze ababo. Imana yakire mu mahoro abapfuye kandi abakomeretse nabo bakire bwangu’’.
Ni ubwa mbere mu gihugu cya Tanzania humvikanye inkuru y’urupfu rw’abantu bangana gutya barimo umubare munini w’abanyamakuru kuva Samia Suluhu yajya ku buyobozi bwa Tanzania.