Dr Pierre Damien Habumuremyi uheruka gufungurwa ku mbabazi za Perezida, yahamagajwe n’urukiko kugira ngo yisobanure ku byaha byo gutanga sheki itazigamiye yari yafungiwe, yarekurwa ntahite yishyura amadeni yose.
Dr Habumuremyi yahamagajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, urubanza rwe rukazaburanishwa ku wa 2 Ugushyingo 2022, mu manza mbonezamubano.
Ku wa 14 Ukwakira 2021 nibwo Dr Pierre Damien Habumuremyi yarekuwe nyuma y’umwaka n’amezi atatu afunzwe, nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Kagame.
Yari yarakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gufungwa imyaka itatu, anacibwa ihazabu ya miliyoni 892 Frw aho yaregwaga imyenda yose hamwe ingana na miliyari 1,5 Frw.
Ubwo yasabaga imbabazi umukuru w’igihugu, Dr Habumuremyi yagaragaje ko afunzwe atabona ubwishyu bw’abantu abereyemo amadeni ariko avuga ako aramutse arekuwe yakora akabasha kwishyura.
Ubwo yarekurwaga, imbabazi yahawe zakuyeho igifungo cy’imyaka itatu yari yarakatiwe n’ihazabu yaciwe ariko asabwa kwishyura abantu yari abereyemo imyenda.
Nyuma y’umwaka arekuwe, hari amakuru y’uko yishyuye bamwe mu byiciro, ariko bikaba bivugwa ko hari abatarabonye amafaranga na make iyi akaba ariyo mpamvu imugaruye mu Rukiko.
Dr Habumuremyi yabaye Minisitiri w’Intebe tariki ya 7 Ukwakira 2011, umwanya yavuyeho tariki ya 23 Nyakanga 2014.
Muri Gashyantare 2015, Dr. Habumuremyi yagizwe Umukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta y’Ishimwe, umwanya yariho kugeza atawe muri yombi muri Nyakanga 2020.