Uwahoze ategura amarushanwa y’ubwiza bw’Abanyarwandakazi azwi nka Miss Rwanda, Ishimwe Dieudonné wamamaye nka Prince Kid yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro asomerwa ibyo aregwa.
Uyu musore ari gukurikiranwaho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bivugwa ko yakoreye bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye.
Yageze mu rukiko yambaye costume y’ubururu bwijimye n’ishati yera n’inkweto zirabura zizamuye.
Prince Kid yari arinzwe n’abapolisi batatu bafite imbunda n’undi musore bigaragara ko yari ashinzwe umutekano we wa hafi.
Akaba yagejejwe mu rukiko rw’ahazwi nko mu kagarama mu masaha ya mugitondo aho bigaragara ko yari yambaye amapingu.
Umucamanza yabanje gusoma imyirondoro ya Ishimwe, akurikizaho ibyaha aregwa.
Yasomye ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukoresha ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.
Ishimwe yemeje ko umwirondoro ari uwe, ndetse ko afite umwunganira, nubwo atabonetse mu rukiko.
Umucamanza yasabye umwe mu bagize umuryango wa Ishimwe kumuhamagara, kugira ngo bimenyekane niba aza kunganira uregwa.
Nyuma y’umwanya ategerejwe n’Inteko iburanisha, Umunyamategeko wa Prince Kide, Nyembo Emelyne yageze mu rukiko, avuga ko habayeho itumanaho ritagenze neza, kuko nubwo yari aziko uyu munsi baburana, isaha ntakuka itamenyekanishijwe.
Yahise avuga ko hari ikibazo ashaka kugaragariza urukiko. Yagaragaje ko akeneye umwanya wo gutegura dosiye kugira ngo abashe kuburana.
Yavuze ko mu myanzuro y’Ubushinjacyaha isaba ifungwa ry’agateganyo, basanze Ubushinjacyaha bugenda bushingira ku byavugiwe mu Bugenzacyaha mu gihe uruhande rw’uregwa rutarabasha kubibona.
Me Nyembo yavuze ko byageze ni mugoroba batarabona ibigize dosiye byose, kandi bakeneye kubimenya mbere y’uko Ubushinjacyaha bugaragaza ingingo zikomeye bushingiraho busaba ko Ishimwe yakurikiranwa afunzwe, ngo nabo baziregureho.
Ishimwe nawe yavuze ko kugeza ubu atarabona dosiye ye. Me Nyembo yasabye ko nubwo bahabwa umunsi umwe, waba uhagije.
Ubushinjacyaha bwavuze ko ari uburenganzira bw’ababuranyi kubanza kubona dosiye, ariko ngo yasangijwe ababuranyi bose kuko n’urukiko rurayifite, kereka ngo byakozwe bitinze.
Me Nyembo yarebye mu ikoranabuhanga rihuza ababuranyi (IECMS) asanga dosiye y’ubushinjacyaha ntashobora kuyibona.
Umucamanza yasabye Ubushinjacyaha gufasha Ishimwe n’umwunganira kubona dosiye kugira ngo bitegure urubanza.
Yemeje ko urubanza ruzasubukurwa ku wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022, saa Tatu