Tuesday, September 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Kampala: Ibyihebe bya Al-Shabab byakamejeje

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/10/25
in AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, mu murwa mukuru wa Uganda, i Kampala, habaye iturika rikomeye ry’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyahitanye umuntu umwe abandi barindwi barakomereka.

Iki gisasu kikaba cyaturikiye mu gace ka Kawempe gaherereye mu majyaruguru y’umujyi wa Kampala ku wa Gatandatu ahagana mu ma saa cyenda z’ijoro, aka gace kazwiho kugira amaresitora.

IZINDI NKURU WASOMA

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Umuvugizi wa Police w’icyo gihugu Fred Enanga yavuze ko muri ayo masaha bahise bagera muri ako gace kazwi nko kuri Nyirantarenga cg iwabo w’ururiro rwa Digida “Digida Eating Point”.

Yavuze ko basanze umuntu umwe ariwe uhitanwe n’iryo turika n’aho abandi barindwi bakomeretse bikomeye bajyanwa mu bitaro bikuru bya Mulago.

Uyu muvugizi akaba yahamagariye abaturage gutuza kugeza hamenyekanye intandaro y’iturika ry’icyo gisasu ndetse nababa bagiturikije.

Ubundi muri iki gihugu isaha yo gutaha yari saa moya n’ubwo iyi saha iba itubahirijwe.
Kuya 8 Ukwakira niho Umutwe wa Leta ya Kisilamu ISIS yigambye igitero cyagabwe kuri sitasiyo ya Polisi iherere muri aka gace ka Kawempe hafi y’aho icyi gisasu cyaturikiye.

Haba abayobozi ndetse n’Ibitangazamakuru bitandukanye bikorera muri iki gihugu ntawigeze atangaza iby’iturika by’iki gisasu uretse polisi yonyine niyo yabikomojeho ivuga ko habayeho guturika kudakanganye.

Si Polisi gusa y’iki gihugu yatangaje iturika ry’iki gisasu kuko naPerezida w’icyi gihugu Yoweri Museveni yabitangaje abinyujije nawe ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko ahawe amakuru ko habaye iturika ry’ikibombe mu gace ka Kwata, Komamboga.

Ati: “Amakuru mfite ni uko haje abantu batatu bafite isashi irimo ibintu bayisiga aho barigendera nyuma nibwo habayeho guturika”,Yavuze ko bigaragara ko ari umutwe w’iterabwoba ko icyigiye gukurikiraho ari ukubahiga mpaka.

Kuva icyo gihe cya mbere hatangiye kugaragara ibikorwa by’iterabwoba, Ubwongereza ndetse n’Ubufaransa bahise bahagarika ingendo zerekeza muri Uganda, ndetse basaba abaturage babo kuba maso bakirinda ahantu hateranira abantu benshi nko mu tubari, mu ma resitora no mu ma hoteri.

Muri 2010, ibitero bibiri byagabwe muri Kampala byibasiye Abarebaga umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, icyo gihe abasaga 76 bahasize ubuzima. Umutwe w’Abarwanyi bo muri Somariya Al-Shabab nibo bigambye icyo gitero.

Ibi bitero bya mbere hanze ya Somaliya, byagaragaye ko ari ukwihorera nyuma y’uko Uganda yoherejwe na Afulika yunze Ubumwe mu gihugu cyazahajwe n’intambara mu rwego rwo kugarura amahoro bahashya umutwe wa Al-Shabab.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023
1.5k
HOME

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023
1.4k
HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In