Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/05/28
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Urubyiruko rubarizwa muri Company y’ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri RWINKWAVU Worflam Mining mu Karere ka Kayonza ruravuga ko ruhangayikishijwe no kuba ubwiyongere bwa Sida bushobora kuba bwinshi kuko ngo bategerezwa agakingirizo aho bakorera.

Iyo uganiriye n’urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Kompany y’Ubucukuzi yitwa RWINKWAVU Worflam Mining yo mu Karere ka KAYONZA bakubwira ko bagorwa no kubona agakingirizo bakaba bafite impungenge ko byazatuma bamwe muri bo bagorwa no kwirinda icyorezo cya SIDA.

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

HAFASHIMANA J. de la Paix avuga ko urubyiruko ruhura n’ibigeragezo byinshi bishobora gutuma rwandura Sida agasaba ko bakwegerezwa udukingirizo hafi.

HAFASHIMANA J. de la Paix

Agira ati:”Urabona hano tubona amafaranga menshi, hari igihe nyabona kubera n’ibigeragezo byinshi ugasanga ngiye kuyanywera bityo nkaba nakwanduriramo Sida”.

Hafashimana akomeza agira ati:”Iyo nshatse gukemura ikibazo nkoresha agakingirizo ariko hari abadashobora kwibuka kugakoresha, hano udukingirizo badutangaga mbere ariko ubu haciyemo amezi 5 ntibakituzana ”.

Asoza agira ati:”Turasaba ko bakongera bakajya batuzanira udukingirizo hano kandi tukatubonera igihe kuko hari igihe ujya no muri Boutique ukakabura, byadufasha kurushaho”.

YIHIMPUNDU Josiane nawe agira ati:”Ndasaba urubyiruko bagenzi bange ko bajya banyura ku Bajyanama b’ubuzima bakabaha udukingirizo aho kwishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye kuko hano dukorera, utwo dukingirizo ntatwo babona kuko nta tuhaba”.

YIHIMPUNDU Josiane

Asoza agira ati:” Nge hano mpamaze igihe cy’amezi 7 ariko kuva nahagera nta dukingirizo ndabona, hano uramutse uhuye n’ikibazo ugakenera gukora imibonano mpuzabitsina ushobora kwandura, icyifuzo natanga nukudukorera ubuvugizi hano hakaba isanduku umuntu yajya agafatamo kuko hari abo bitera isoni kujya kukagura muri boutique cyangwa kujya kugafata mu bajyanama b’ubuzima bikaba byatuma bandura”.

Uhagarariye RWINKWAVU Worflam Mining Eng. Elmogene TUYISHIMIRE agira ati:” Udukingirizo turatangwa ku kigo nderabuzima cya Rwinkwavu, abaganga bajya bashishikariza abantu kujya kudufata, natwe tubishishikariza abakozi, oya hano ntabwo bajya batuhazana ubwo udukeneye ajya ku Kigo nderabuzima”.

Eng. Elmogene TUYISHIMIRE

Asoza agira ati:”Hano abakozi bakorera ibihumbi magana atandatu kun kwezi, ni amafaranga menshi ashobora gutuma rwishora mu busambanyi, Icyo nasaba nuko ubwo bukingirizo bwaza bakabwegerezwa ariko na none hakabaho umwanya wo kuganiriza abantu bakibutswa ko ari ngombwa kwirinda”.

NTAWIRINGIRA Anastase Umuyobozi wungirije w’Ikigo nderabuzima cya Rwinkwavu akaba anabarizwa muri Serivisi yo kwita ku babana n’ubwandu bwa Virusi itera Sida agira ati:” Icyo tutarakora nugufata udukingirizo ngo tuduhereze abantu bo mu bucukuzi bw’Amabuye ariko ahandi buri gace(site) kaba gafite umuntu ugahagarariye ku buryo abashatse udukingirizo ariho badusanga”.

NTAWIRINGIRA Anastase Umuyobozi wungirije w’Ikigo nderabuzima cya Rwinkwavu

Uyu muyobozi avuga ko bahura n’imbogamizi zo kuba hari aho bashyira udukingirizo tukitwarirwa n’abana bajya kutubangamo umupira ariko yizeza ko bagiye gushaka uburyo abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’Agaciro nabo bakwegerezwa udukingirizo.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza NYEMAZI John Bosco avuga ko ikibazo cy’udukingirizo tutaboneka neza bagiye kugenzura bakareba uko cyakemuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza NYEMAZI John Bosco

Agira ati:”Udukingirizo tutaboneka neza, simbizi uko byaba byagenze ariko cyaba ari ikibazo dushobora kugenzura neza tukamenya icyo aricyo ariko icyo tuzi nuko ziriya serivisi zo gufasha urubyiruko kwirinda Sida nko kubaha udukingirizo zirahari ariko ingamba zirakomeje”.

Rwinkwavu worflam Mining ikorwamo n’Abagabo 200 n’abagore 20 bose bari hagati y’imyaka 16 na 30 aho umwe mur’aba ashobora guhembwa amafaranga ibihumbi 600 y’u Rwanda ku kwezi.

Imibare dukesha Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda yo mu mwaka wa 2022 igaragaza ko Intara y’Iburasirazuba ibarurwamo urubyiruko rusaga 942,370 aho mu Karere ka Kayonza  kabarurwa urubyiruko rufite hagati y’imyaka 16 na 30 bangana na 120,691 abahungu ni 59,127 abakobwa ni 61,564 aho mur’aka Karere abafatira imiti igabanya ubukana bwa Sida ku Kigo Nderabuzima cya Rwinkwavu ari 654 hatarimo ababyeyi batwitse n’abonsa.

Ni inkuru mwateguriwe na Ibendera.com ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’Abanyamakuru bakora inkuru zo kurwanya Sida mu Rwanda ABASIRWA.

Innocent BAHATI Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa ABASIRWA ari kumwe n’urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
AMAKURU

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In