Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Kenya: Umukecuru w’Indwanyi yogoshwe umusatsi yaramaranye imyaka 70

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/04/04
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Muri ‘weekend’ abanyakenya benshi batangajwe n’inkuru y’umugore w’imyaka 92 wahoze ari indwanyi iharanira ubwigenge wogoshwe umusatsi na Mama Ngina Kenyatta kuwa gatandatu.

Muthoni Wa Kirima azwi cyane nk’umurwanyi w’umutwe wa Mau Mau warwanaga n’abakoloni b’abongereza baharanira ubwigenge bwa Kenya.

Uyu mukecuru nyuma yo kubona ubwigenge ntiyigeze yogosha imisatsi ye.

Imisatsi myinshi kandi miremire yari mu byarangaga aba barwanyi babaga mu mashyamba, nyuma yo kugera ku bwigenge, kogosha iyo misatsi ni kimwe mu byo benshi muri bo bahise bakora nk’ikimenyetso cyo kwishimira ubwigenge.

Muthoni Wa Kirima yamaze imyaka irindwi mu ishyamba, amateka ye avugwa ko abandi bagore bashyirwaga mu mutwe w’intasi za Mau Mau cyangwa abagemura ibiryo mu ishyamba.

Muthoni yari mu bagore bacye cyane barwanaga imbere ku rugamba, aho yavanye ipeti rya Field Marshal.

Mama Ngina Kenyatta yari inshuti ye muri ibyo bihe kandi babanye mu ishyamba banafunganwa muri gereza nkuru ya Kamiti, nk’uko ikinyamakuru Nation kibivuga.

Mu myaka ya vuba nibwo Muthoni wa Kirima yabwiye ikinyamakuru K24 cyo muri Kenya ko yarahiye ko atazogosha umusatsi we “kenya itarigenga by’ukuri”.

Mu muhango wo kumwogosha iyi misatsi wabereye mu rugo rwe mu ntara ya Nyeri hagati mu gihugu, Muthoni yavuze ko yogoshe imisatsi ye kuko “ibyifuzo bye nk’umurwanyi w’ubwigenge leta yabigezeho”.

Gusa ntiyavuze ibyo byifuzo ibyo ari byo, nk’uko ikinyamakuru Nation kibivuga.

Mama Ngina Kenyatta, wabaye umugore wa Perezida wa mbere wa Kenya, Jomo Kenyatta, akaba na nyina wa Perezida uriho ariwe Uhuru Kenyatta, yavuze ko atewe ishema no kogosha imisatsi by’uyu mukecuru.

Amaze kogosha iyi misatsi yari ifite uburebure buri hafi ya metero 2, Mama Ngina yayizingiye mu ibendera rya Kenya, avuga ko izabikwa mu nzu ndangamurage.

Muthoni wa Kirima amaze kogoshwa yasabye Kenya kurangwa n’ubumwe n’amahoro ku bayituye.

Aba-Mau Mau barwaniye ubwigenge bwa Kenya kuva mu mwaka w’1952 kugeza muw’ 1960, bari biganjemo cyane abo mu bwoko bw’aba Kikuyu bafashijwe n’andi moko nk’aba Meru n’ayandi,…..

Kenya yabonye ubwigenge mu mwaka w’1963 uyu Mukecuru Muthoni wa Kirima akaba ari mu barwanyi b’aba Mau Mau bacye barwanye urwo rugamba kandi bakaba bakiriho aho bivugwa ko iyi misatsi yari imaze imyaka 70 ku mutwe we.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In