Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Kicukiro: Garuka TVET School yabaye igisubizo ku bana bahoze ari inzererezi n’ababyaye inda zitateganyijwe

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/09/09
in AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ishuri rya Garuka TVET School ryatanze Impamyabumenyi ku banyeshuri barangije amasomo yabo ajyanye n’imyuga bakaba bavuga ko bagiye kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe

Inezayabo Fabrice wize ibijyanye no kudoda avuga ko yahoze afite ubuzima bugoye kuko mbere yari yarabuze icyizere cy’ubuzima ariko ubu akaba avuga ko agiye kubikoresha kandi akaba yizeye kuzatera imbere.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Agira ati:”Nize amashuri abanza ndayarangiza ninjira mu ayisumbuye ngeze mu mwaka wa gatatu sinagira amahirwe yo gukomeza nuko ubuzima bumbera bubi ariko nza kugira amahirwe ku makuru nahawe n’umuvandimwe, ambwira ko muri Garuka TVET School bigisha imyuga kandi ku buntu nuko mpita mpaza banyigisha kukoda kandi nabyize mbikunze akaba ari nayo mpamvu bampaye iyi seritificat.

Asoza avuga ko nyuma yo gusoza amasomo ye agiye gukora ibijyanye n’imideri (fishion) hanyuma kandi akaba yizeye ko bizamuteza imbere kuko afite ubumenyi kandi ngo naho azajya agira imbogamizi azajya yifashisha abayobozi ba Garuka TVET School bamugire inama, yibutsa kandi urubyiruko n’abandi bahitamo kujya mu biyobyabwenge cyangwa mu zindi ngeso mbi ko babireka bakagana Garuka TVET School ikabafasha kwigarurira icyizere cy’ubuzima.

Ni ibintu ahurizaho na  Umuhoza Valentine wahoze afite ubuzima bubi aho yari ameze nk’umwana wo mu muhanda akaza kwiishwa na Garuka TVET School ubu akaba amaze kwiteza imbere.

Agira ati:” Narangije amashuri yisumbuye mbura akazi mbaho nabi cyane hahandi nari mbayeho nk’umwana wo mu muhanda ariko mu mwaka wa 2016 nza guhura n’umubyeyi Lydia duhurira ku rusengero turaganira abaona ububabare bwange, icyo gihe nari mfite umwana umwe nuko aranyakira banyigisha guteka kandi nigira ubuntu”.

Agira ati:”Narabyize ndabimenya ndetse ngira n’amahirwe yo kubona akazi ko gukora mu bijyanye no gukora imigati, nerekanye ceritifica bahita bampa akazi, ubu maze kwiteza imbere kuko naguze ikibanza kandi nanaguze ifuru yange yo gukora imigati, ubu niteje imbere njye n’umuryango wange kandi byose mbikesha Garuka TVET School”.

Umuyobozi wa Garuka TVET School NYIRAHABIYAMBERE Lydia avuga ko iki kigo bagishinze bafite intego yo gusana imitima y’abana bo mu muhanda n’abari barabyaye inda zitateganyijwe bari bamaze kwitakariza icyizere.

Agira ati:” Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi wasangaga ibibazo by’abana bo mu muhanda n’ababyaye inda zitateganyijwe ari byinshi, twahereye ku bo natwe twareraga mu rugo dutangira kubigisha ariko ubona ko byari bigoye kuko nta baterankunga twari dufite ariko twarageragezaga kuko twatangiye igitekerezo turi abamama 10 bamwe baza kujya hanze ariko abandi twarakomezanyije”.

Akomeza avuga ko kuva ishuri ryatangira mu mwaka w’2000 kugeza ubu bamaze kwigisha abarenga 1000 barimo abana bahoze baba mu muhanda, abana babyaye inda zitateguwe n’abandi bantu banyuranye wasangaga baritakarije icyize kubera kubaho mu buzima bubi.

Asoza avuga ko intego yabo aruko u Rwanda rugira umuryango uahmye kandi buri muntu wese witakarije icyize akongera akakigira kubera ko mu gihe umuntu agihumeka umwuka aba ashobora no kugera ku iterambere.

Umushyitsi mukuru mur’icyi gikorwa yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Nyarurama, BIZIHIWE Eugene washimiye ubuyobozi bwa GARUKA TVET School ku gikorwa cy’urukundo bakoze ndetse asaba n’abandi kwigira ku rugero rwabo bakagira umutima wo gufasha.

Agira ati:” Byankoze ku mutima kuko gahunda yabo urabona ko bagamije kugarurira icyizere umuntu wari waragitakaje, turabashimira ariko tunasaba abandi gutera ikirenge mu cyabo”.

Akomeza agira ati:”Iki kigo cyazanye iterambere ku Kagali no ku gihugu cyose kuko ikibazo cy’Abana bo mu muhanda ni ikibazo cya twese, ikindi niba umuntu yize aha yarangiza akajya gukora urumva ni iterambere, ndasaba abandi bantu kugira umutima wa kimuntu, nkunda kuvuga ko ubuzima ari ishuri, niba warahiriwe n’ubuzima ntukirengagize abandi.”.

Asoza avuga ko abantu bakwiye kwirinda amakimbirane yo mu ngo kuko ariyo aturukamo bene ibyo bibazo byo kujya kuba mu muhanda cyangwa kwitakariza icyizere.

Garuka TVET School ni ikigo cyigisha imyuga irimo kudoda, gusudira, guteka n’ibindi, bakaba biga mu mezi 3 amezi 6 kugeza ku mwaka 1,iki kigo kikaba giherereye mu mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kigarama mu Kagali ka Nyarurama aho kimaze gutanga uburezi ku bantu bose hamwe basaga 1000.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Nyarurama, BIZIHIWE Eugene
Inezayabo Fabrice wize ibijyanye no kudoda muri Garuka TVET School
Umuhoza Valentine wize muri Garuka TVET Schhol
Umuyobozi wa Garuka TVET School NYIRAHABIYAMBERE Lydia

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In