Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

KICUKIRO-NIBOYE: HATASHYWE INYUBAKO IDASANZWE Y’IBIRO BY’AKAGALI YUBATSWE N’ABATURAGE

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/03/16
in NTIBISANZWE, HOME
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Abaturage bo mu kagali ka GATARE mu Murenge wa Niboye batashye inyubako igezweho y’ibiro by’akagali kabo ikaba yuzuye itwaye amafaranga 58 866 715 aho banahise batangiza igikorwa cyo kubaka umuhanda wa metero 800 uzuzura mu myaka 2 utwaye asaga miliyoni 20

Cyubahiro Eugene uwarukuriye komiye yo kubaka iyi nzu avuga ko mbere ubuyobozi bw’akagali bwakoreraga mu manegeka akaba ariyo mpamvu bifuye kuva mu manegeka bakajya muri etaje.

IZINDI NKURU WASOMA

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Agira ati:” Abaturage twagize igitekerezo cyo kwiyubakira inzu nziza kuko mbere ntaho ubuyobozi bwari bufite bukorera ibintu byagatuma abaturage badahabwa serivisi nziza kuko bakoreraga mu manegeka nuko barasaba bati twubake ibiro bikwiye bigeretse, ni aho igitekerezo cyavuye.

Naho umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagali ka Gatare Madame Sinai Jeanne d’Arc avuga ko bishimishije kuba abaturage ku bushake n’ubushobozi n’umurava wo gukunda igihugu biyujurije inyubako nziza.

Agira ati:” ni igipimo kigaragaza aho abaturage bageze mu kwiyubaka, iki ni ikimenyetso cy’urugero rwiza ruzira agahato, nibakomeze bubahirize inama nziza z’umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame”.

Asoza avuga ko Ibanga ryabafashije kugera kur’icyi gikorwa ari ubufatanye bw’inzego n’abafatanyabikorwa, aho agira ati:” Udafite amafranga aba afite inama kandi byose iyo bihuye biruzuzanya”.

Ku ruhande rwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Niboye Madame Jeanne d’Arc MUREBWAYIRE ni umunsi w’umunezero n’ibyishimo, turishimira ibyegezweho uruhare 100% by’abaturage, umuhigo wa mbere ugezweho ariko twatangiye undi wo kubaka umuhanda nawo uzagirwamo uruhare n’abaturage, ni ubushake bwabo. Bagira uruhare mu iterambere ry’aho batuye niyo myumvire bafite. Turabashimira ni ibintu byiza.

Ubutumwa n’ubw’ishimwe, turabashimira gukomeza kandi n’abahandi bazaze kutwigiraho mu bikorwa by’iterambere.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali wari umushyitsi mukuru ari nawe wafunguye ku mugaragaro iyi nyubako y’Akagali ka Gatare akanatangiza ku mugaragaro uyu muhanda avuga ko icyi gikorwa cyiza gikwiriye kurenga akagali, kikagera no mu bandi baturarwanda

Agira ati:” Umujyi wa Kigali ufite utugali 161 twose dufite intego yo kwiyubakira aho bazajya bakorera heza, mu Kagali ka Gatare bakaba baje ku isonga”.

Akomeza agira ati:”arbitrage bumvise kwihutisha iterambere, hamwe baranadusiga twebwe kuko baricara bagakora ibikorwa by’iterambere bagakora ibikorwa by’imihanda n’ibindi”.

Asoza ahamagarira aka Kagali gukwiza uyu muco mwiza w’ubufatanye no kwiteza imbere bikarenga Umurenge wa Niboye, bikarenga akarere ka Kicukiro ndetse n’umujyi bikagera no ku bandi banyarwanda.

Iyi nyubako yatashywe ku mugaragaro n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali ari kumwe n’abandi bayobozi barimo umuyobozi nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro ikaba ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni 58 866 715 y’u Rwanda ikaba imaze imyaka umunani bitewe n’ibindi bikorwa byakozwe birimo kubakira abatishoboye ndetse bakaba barakozwe mu nkokora n’icyorezo cya covid 19 kuko yari iteganyijwe kuzura mu gihe cy’imyaka ibiri”.

Ikaba yuzuye ku ruhare rwa 86,6% rw’abaturage bishyize hamwe bakigabanyamo amatsinda anyuranye aho bahise banatangiza igikorwa cyo kubaka umuhanda uzatwara akayabo k’amafranga miliyoni 27 ureshya na metero 800 mu gihe cy’amaezi abiri kugeza ubu bakaba bafite amafranga ari hagati ya miliyoni 18 na 19 bakizera ko rwiyemezamirimo azajya kuwurangiza andi mafranga nayo yarabonetse.

UMUYOBOZI W’INAMA NJYANAMA Y’UMURENGE WA NIBOYE
SINAI Jeanne d’Arc umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gatare
MUREBWAYIRE Jeanne d’Arc Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa NIBOYE
Madame Solange Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro
RUBINGISA Pudence Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In