Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

KIGALI:  Barashimira AIF yabashyiriyeho icyumba cyo konkerezamo mu gihe bari mu kazi

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/03/13
in HOME, NTIBISANZWE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuryango AIF wafunguye ku mugaragaro icyumba kizafasha ababyeyi kujya bonkerezamo no gukemura ibindi bibazo birebana n’ubuzima bwabo igihe bari mu kazi, kikaba giherereye I Masoro kuri Africa Improved Foods mu cyanya cy’inganda.

Iyo bari mu kazi ababyeyi babura aho bonkereza bigatuma ubuzima bw’abana babo bugenda nabi.Ni mur’urwo rwego mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abagore wizihizwa buri tariki 8 werurwe buri mwaka, kur’uyu wa 11 Werurwe 2022 i Masoro mu cyanya cy’inganda hatashywe icyumba kizajya cyifashishwa n’ababyeyi mu konsa no gukemura ibibazo birebana n’ubuzima ibi bikazajya bikorwa igihe bari mu karuhuko (pause).

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Ubwo yafunguraga ku mugaragaro icyi cyumba umuyobozi wa Africa Improved Foods (AIF) ku rwego rw’igihugu Ahmed Sylla yavuze ko icyi cyumba kizafasha ababyeyi ariko kikanazamura imibereho myiza y’abana n’imiryango yabo muri rusange.

Agira ati:” Ubusanzwe ababyeyi ni abantu b’ingirakamaro kuri twebwe, niyo mpamvu twabatekerejeho, tukabashyiriraho icyi cyumba kandi twizeye ko kizabafasha mu konsa abana babo bikazamura imibereho myiza yabo n’umuryango nyarwanda muri rusange”.

Ati:” Icyi gikorwa kivuze ikintu kinini kuri Africa Improved Foods, mu gihe turi mu gihe cyo kwizihiza umunsi wahariwe abamama twifuje gutanga umusanzu wacu mu iterambere no mu mibereho myiza yabo nk’abantu batwibaruka, ndashishikariza indi miryango kwita ku babyeyi mu rwego rwo kugira ngo bajye babasha gukora akazi kabo neza”.

Bamwe mur’aba babyeyi bakaba bavuga ko icyi cyumba kizabafasha kumererwa neza, bakonsa kandi mu mwiherero bagaha amata abana babo cyangwa bakabonsa mugihe bari kukazi.

Ni icyumba kizabunganira mu gihe cyo konsa mumezi atandatu ya mbere y’ubuzima bw’umwana kandi kikaba gifite intego yo kuzamura umuco wo konsa no kubigisha akamaro ko kurya neza mu minsi 1000 ya mbere y’umwana.

Icyi cyumba cy’Ababyeyi kandi ngo kije nk’igisubizo cyo gukemura ibibazo ababyeyi bahura nabyo nyuma yo gusubira ku kazi bavuye mu kiruhuko cyo kubyara, abava mu kazi bagataha bagiye konsa bakongera bakagaruka mu kazi ari naho bamwe bahera bica akazi abandi bakabireka bigatera ibibazo ku musaruro mu kazi no ku mibereho y’abana.

Icyi cyumba gifite ibikoresho byiza bifite isuku bibereye ababyeyi ndetse n’abana babo kikaba kigiye gutangira gikoreshwa n’ababyeyi 50 ariko uko ubushobozi buzagenda buboneka hakaba hateganywa ko umubare wakongerwa.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k
HOME

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In