Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IMYIDAGADURO

Kigali: Umukobwa yaboneye ishyano mu kabari azira ingeso yo gukura ibyinyo

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/02/27
in IMYIDAGADURO
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umusore yataye umukunzi we bari basohokanye mu kabari hamwe n’igikundi cy’abakobwa bane yari yazanye, abasaba kwiyishyurira ibyo banyoye n’ibyo kurya bari bafashe babura ubwishyu telefone zabo zirafatirwa.

Ibi byabereye mu Kabari gaherereye mu mujyi wa Kigali, mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi.

IZINDI NKURU WASOMA

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

Uyu musore utashatse ko amazina ye ajya ahagaragara avuga ko kur’uyu wa Gatandatu yari yapanze guhura n’umukunzi we nyuma y’akazi bagasangira nkuko bari basanzwe babikora, uyu musore ngo yaje gutungurwa ubwo yabonaga umukunzi we, aje azanye n’igikundi cy’abakobwa bane b’inshuti ze.

Nk’uko tubikesha Ibyamamare, ngo Umwe muri aba bakobwa yavuze ko uyu mukobwa yabazanye aje kubereka umukunzi we kuko ngo bari bafite n’ikindi kirori nacyo cy’umwe muri bo bagombaga kwitabira nyuma yo kuva aha ngaha nawe akajya kubereka umukunzi we.

Aba bakobwa ngo bakihagera basanze uyu musore yashyirishijeho inkoko n’amasahane abiri y’ifiriti yagombaga gusangira n’uyu mukunzi we, aba bakobwa uko ari bane nabo basabye gukorerwa komande nkiyo uwo musore yari yakoresheje, abo mu gikoni ngo bahise bongeraho inkoko Eshatu n’amasahane ane y’ifiriti.

Uyu mukobwa wari mu bihe byiza n’umukunzi we, yahise atumiza n’ibyo kunywa aho yatse inzoga ya Heiniken, abakobwa babiri nabo baka inzoga nk’iyo uwo mukobwa yari yatse, abandi babiri baka inzoga zipimwa mu turahuri aho akarahuri kamwe kagura amafaranga ibihumbi bitanu (5000).

Uyu musore byagaragara ko atishimiye ko umukunzi we yazanye n’abantu atashyize mu mubare ngo yabaretse barisanzura hageze igihe cyo kwishyura yegera uwabakiriye amubaza amafranga bagomba kwishyura abwirwa ko bagomba kwishyura ibihumbi 87 500frw.

Ushinze aka kabari yagize ati: “Uwabakiriye yambwiye ko bagomba kwishyura ibihumbi 87500frw, nyamara yemera kwishyura ibyo yatumye mbere ahita afata akamoto arataha ntiyanabasezera kuko wabonaga ko yababaye”.

Uwabakiriye ngo yahise aza abwira ba bakobwa ko umusore yishyuye ibyo yatumije ndetse akaba ahise agenda bityo nabo bagomba kwiyishyurira.

Ibi bimaze kugenda gutya nibwo wa mukobwa yatangiye guhamagara umukunzi we ashaka kumubaza ibyo abakoze, umusore yamuhamagaye nk’inshuro 10 yanga gufata telefone, nyuma byabaye ngombwa ko aba bakobwa biyishyurira ariko muri bose ntawarufite amafaranga yo kwishyura ibyo bariye.

Byarangiye aba bakobwa telefone zabo zifatiriwe aho bagomba kuzazisubizwa bishyuye amafaranga yose bakoresheje muri akaka kabari.

Uyu musore yavuze ko ngo icyamurakaje ndetse kikamutera gufata uyu mwanzuro ukomeye aruko uyu mukobwa yashatse kumukura ibyinyo akazana aba bagenzi be atabimuteguje kugira ngo yitwaze amafaranga menshi nyamara ku rundi ruhande umukobwa we ngo yashakaga gutungura umusore akamwereka inshuti ze.

Hari abarebera hafi iby’aba bombi bavuga ko urukundo rw’aba bombi rushobora kurangirira aha ngaha.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023
1.5k
HOME

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

March 9, 2023
1.4k
HOME

Umuhanzi Mico the Best yafunzwe, menya icyo yazize

March 6, 2023
1.5k
HOME

Umuhanzikazi Knowless yibarutse umwana wa 3

March 4, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In