Tuesday, October 3, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/09/17
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda Hon. Dr Frank Habineza yasabye urubyiruko rwo mur’iri Shyaka guhuza ubumwe kugira ngo bazitware neza mu matora y’Abadepite n’aya Perezida wa Repubulika azaba umwaka utaha  wa 2024.

Kur’uyu wa 16 Nzeli 2023, mu mujyi wa Kigali hateraniye inama y’Urubyiruko rukomoka mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije DGPR (National Youth Greens Congress) ruturuka mu Ntara zose z’u Rwanda n’umujyi wa Kigali aho basabwe kugira ubumwe kugira ngo bazitware neza mu matora azaba umwaka utaha ariko no muri gahunda yo kwagura ishyaka ryabo.

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Ibi babisabwe n’Umukuru w’iri shyaka, Hon. Dr Frank Habineza aho Agira ati:”Nk’uko mubizi imbaraga z’igihugu ni urubyiruko akaba ariyo mpamvu tumaze igihe dutegura uru rubyiruko kuva umwaka ushize dushyiraho inzego z’urubyiruko, uyu munsi twahuje urubyiruko ruhagararira urundi mu gihugu cyose, tugamije kurwigisha ku bumwe n’ubwiyunge kubera ko urubyiruko rwagize uruhare mu guhungabanya no kongera kubaka ubumwe bw’abanyarwanda”.

Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda Hon. Dr Frank Habineza

Akomeza agira ati:”Turi kuruhugura rero kandi turizera ko ruhuguwe neza rwazafasha kubaka igihugu, rero turi kubahugura mu buryo bwo gushyiraho inzego zabo ariko cyane cyane twibanda mu kubategura ku buryo bagomba kuzagira uruhare mu matora azaba mu mwaka utaha muzi ko hazaba amatora y’abadepite n’aya Perezida wa Repubulika kandi turifuza ko bazabigiramo uruhare”.

Asoza avuga ko aya mahugurwa aje muri gahunda yo kubategura uko bazitwara mu matora, uko bazaganiriza abaturage ariko bikaba ari no muri gahunda yo kwagura ishyaka.

Murenzi Jean de Dieu uyobora urubyiruko rwa DGPR ku rwego rw’Umujyi wa Kigali yavuze ko inyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge bahawe ari ingirakamaro kuko zizabafasha mu buzima bwabo ariko no mu buzima bwo guteza imbere ishyaka ryabo.

Murenzi Jean de Dieu uyobora urubyiruko rwa DGPR ku rwego rw’Umujyi wa Kigali

Agira ati:”Izi nyigisho ni ingirakamaro, urabona mu mwaka utaha turimo kwitegura amatora, tugomba rero kuba twiteguye neza kandi hakiri kare kandi turizera ko tuzayatsinda nkurikije uko twiteguye”.

Asoza asaba urubyiruko rwose yaba urwo muri Democratic Green Party of Rwanda ndetse n’urundi kubakira ku bumwe, bagaharanira ko imbaraga zabo zaba iziteza imbere igihugu cyabo, bakarangwa no kubaha, kumvira no kwirinda ibiyobyabwenge.

Uretse urubyiruko rw’iri Shyaka mu turere twose tw’u Rwanda iyi nama yanitabiriwe n’abashyitsi batandukanye aho twavuga abavuye muri Green Party ya Suwede, muri Green Party ya Danmark, Kenya na RDC…

Hari kandi n’intumwa ya Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere Mboneragihugu Bwanda Evode wasabye uru rubyiruko gusigasira ubumwe n’ubwiyunge maze bakubaka u Rwanda ruzira amacakubiri.

Iyi nama ikaba yatangijwe ku mugaragaro kur’uyu wa 16 Nzeri aho igomba gusozwa ku ya 17 Nzeri 2023 ikazasozwa uru rubyiruko rwitoyemo abayobozi barwo.

Visi Perezida wa DGPR, Carine Maombi
Intumwa ya Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere Mboneragihugu Bwanda Evode
Abashyitsi baturutse mu bihugu byo hanze baje kwifatanya n’uru rubyiruko

    

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
AMAKURU

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In