Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Kigali:Abari mu irushanwa “Africa’s Business Heroes” bavuga ko ibyo bakora bizabera urugero abatoya

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/09/30
in AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Munyaneza Francine Umunyarwanda akaba n’umuyobozi w’uruganda yise Munyax Eco rukora ibijyanye n’amashanyarazi na Oluwatomi Solanke Umunyanijeriya akaba n’umuyobozi w’uruganda rwa Trove Finance rutanga serivisi zijyanye n’Imali bahamya ko bakavuga ko ubu aheza bageze hakwiye kubera urugero rwiza abatoya.

Francine Munyaneza ni Umunyarwandakazi akaba yaratangije uruganda yise Munyax Eco rutanga amashanyarazi, mu Kiganiro yagiranye na Ibendera.com yavuze ko yatangiye uru ruganda anyura mu bikomeye ndetse akaba yaragendaga rimwe na rimwe ahura n’abamuca intege ariko agakomeza kwigirira icyizere. Avuga  ko yagize igitekerezo cyo gushinga uru ruganda nyuma yo kubona muri Africa hari ikibazo cy’abantu bahura n’ibibazo byo kutabona umuriro w’amashanyarazi.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Francine avuga kandi ko afite gahunda yo gutinyura abagore bakiteza imbere bahangana n’ihindagurika ry’ikirere kandi akabafasha kuzamura iterambere ryabo aho avuga ko iyo akora ibikorwa nk’ibi aba agamije gutanga urugero rwiza ku rubyiruko rw’ejo hazaza.

Asoza avuga ko kugeza ubu abasaga ibihumbi 10 bo mu Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’uburundi babonye amashanyarazi binyuze kuri Munyaex Eco.

Ni ibintu ahuriraho na Oluwatomi Solanke Umunyanijeriya akaba n’Umuyobozi w’uruganda rwitwa Trove Finance rutanga serivisi z’imali akaba avuga ko ubwo yatangiraga gushinga uru ruganda yahombye inshuro nyinshi ariko akirinda gucika intege agakomeza kugerageza ubu bikaba byaraje gukunda.

Avuga nyuma yo kubona impamyabumenyi mu bijyanye n’ubutabire (chimie) yakuye muri kaminiza ya Lagos muri Nigeria yatangiye kwikorera aho yashinze kampani ikora ibijyanye n’imali aho abanyanijeriya bashobora kugura imigabane bakayicuruza muri America n’ahandi aho kugeza ubu abasaga 200 000 bamaze kwiteza imbere binyuze muri iyi kampani ye.

Avuga ko iyo aza gucika intege bitewe nuko yatangiye ubu ntacyo aba yaragezeho agahamagarira urubyiruko kujya rwitiyuka kandi rwahura n’inzitizi mu ishoramali rukirinda gucika intege.

Aba bombi ni bamwe mu bageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa rya Africa’s Business Heroes aho buri mwaka hatoranywa imishinga y’abantu 10 bahabwa amafranga angana na miliyoni imwe n’igice y’amanyamerika (1,5 million) bikaba biteganyijwe ko abazatsinda iri rushanwa mur’uyu mwaka bazatangazwa mu kwezi kwa 11/2022 .

Iri rushanwa rya Africa’s Business Heroes ni irushanwa rigamije gutera inkunga abikorera mu ngeri zose by’umwihariko muri Afrika rikaba riterwa inkunga na fondasiyo ya Jack Ma na Alibaba aho rigamije kuzamura iterambere ry’umugabane wa Afrika aho abantu 10 bose umwe azahabwa 100 000$ naho igisonga cya 1 (first runner up) agahabwa 250 000$ igisonga cya 2 agahabwa 150 000$  .

Francine Munyaneza ni Umunyarwandakazi akaba yaratangije uruganda yise Munyax Eco
Oluwatomi Solanke Umunyanijeriya akaba n’Umuyobozi w’uruganda rwitwa Trove Finance

Kugeza ubu hakaba hategerejwe kumenya abantu 10 bazahabwa ibihembo by’uyu mwaka aho kuva iri rushanwa ryatangira mu myaka 10 ishize ubu abamaze guhabwa ibihembo ari abantu 100 rikaba ryaratangiye biturutse ku rugendo Jck Ma yakoreye muri Africa mu mwaka wa 2017 agatungurwa n’igikorwa cy’umwana muto wari wakoze umushinga utanga ingufu z’amashanyarazi .

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In