Saturday, September 23, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ku mugaragaro u Rwanda rwanyomoje abavuga ko nta mabuye y’agaciro rugira

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/12/08
in HOME, AMAKURU
0
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cya Mine, Petrole na Gaz mu Rwanda, Dr Yvan TWAGIRASHEMA avuga ko u Rwanda rufite amabuye y’agaciro ndetse akaba ari n’amwe mu bintu bifasha mu iterambere ry’Ubukungu bw’Igihugu cy’u Rwanda n’abagituye.

Ibi Dr Yvan yabitangaje kur’uyu wa gatatu tariki ya 7 Ukuboza 2022 ubwo yasuraga ibirombe by’amabuye y’agaciro bya Trinity Metals Nyakabingo Mine biherereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Dr Yvan TWAGIRASHEMA agira ati:” Uyu munsi byari ngombwa ko tuvana abantu mu mujyi tukabazana aho ibintu bikorerwa, niyo mpamvu twasuye iyi Site ya Nyakabingo ikaba ari imwe muri Mine ziteye imbere mu gihugu cyacu kandi turamara impungenge abajya bavuga ko u Rwanda nta mabuye y’agaciro rugira, bage baza nabo basure hano bihere ijisho”.

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cya Mine, Petrole na Gaz mu Rwanda, Dr Yvan TWAGIRASHEMA

Asoza atanga ubutumwa bukwiriye gkurikizwa n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda aho agira ati:” Bimwe mu bikorwa twakoze harimo gusura mu ndake ahacukurwa amabuye kugira ngo turebe uko babikora noneho igikorwa cya kabiri cyari ugutera ibiti kuko gutera biti muri Mine ni kimwe mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije, tukaba twashakaga gutanga ubutumwa kugira ngo abacukura bose bage basubiranya ibyo bononnye bacukura aya mabuye”.

Ku ruhande rwe, umuyobozi w’Akarere ka Rulindo Madame MUKANYIRIGIRA Judith avuga ko Iyi site ya Nyakabingo yabafashije mu Iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo Madame MUKANYIRIGIRA Judith

Agira ati:”Kuba iyi site ya Nyakabingo iri hano byaradufashije ku iterambere ry’abaturage kuko abaturage bahabwa akazi bakabasha kwiyishyurira ubwisungane mu Kwivuza Mituelle de Sante, ubu bose bagira Mutuelle, babasha kwiyishyurira umusanzu wa Ejo heza n’ibindi bikorwa kandi uretse n’ibyo iyi site yanadufashije guharura umuhanda umanuka ukagera kuri Nyabarongo ndetse no kubaka ishuri ribanza rya Shyorongi n’ibindi,…”.

Asoza asaba urubyiruko cyane cyane abavuga ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ari ibintu by’abanyacyaro guhindura iyi myumvire bakamenya ko ari akazi nk’akandi umuntu yakwigira akabona imyamyabumenyi yo kugakora.

Ibi bije mu gihe mu Rwanda hizihizwa icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyatangijwe kuwa mbere kikaba kigomba kurangira kuwa 08 Ukuboza 2022.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abantu banyuranye barimo n’abanyeshuri basaga 150 baturutse mu ishuri ryigisha ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda n’abandi baterankunga banyuranye ndetse na bamwe mu bakozi b’ikigo cy’igihugu cya Mine, Gaz na Petrole aho aba bombi basuye ibikorwa by’iyi site ya Nyakabingo bakaba banateye ibiti bisaga 1000.

Kompani (Company) ya Eurotrade international ltd niyo ikora ibikorwa byo gucukura amabuye kuri iyi Site ya Nyakabingo ikaba ifite abakozi 1380 barimo abagore 380 n’abagabo 1000 ikaba yarabonye icyangombwa cyo gutangira gukora mu mwaka wa 2007.

Iyi site ya Nyakabingo yatangiye ibikorwa byo gucukurwaho amabuye y’agaciro mu mwaka w’1930 ku Ngoma y’ubwami bw’ababirigi, hakaba hacukurwa ibuye rya wolfram.

Umuyobozi w’Akarere Madame Judith agera i Nyakabingo

Dr Yvan TWAGIRASHEMA n’abandi bayobozi

Umuyobozi w’Akarere yateye igiti kuri Site ya Nyakabingo
Dr Yvan yateye igiti kuri site ya Nyakabingo

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In