Thursday, March 23, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Kuba imibare y’ihohoterwa izamuka si uko ryiyongera ahubwo ni uko risigaye rivugwa – MIGEPROF

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/07/15
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umujyanama mu guteza imbere umugore n’umukobwa muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango, Antoine Niyitegeka, avuga ko kuba imibare y’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina izamuka atari uko ryiyongereye ahubwo ari uko imyumvire yo kurivuga yazamutse.

Ibi ni ibyagarutsweho mu Kiganiro “Ubyumva Ute” cya KT Radio, uyu mujyanama mu guteza imbere umugore n’umukobwa aherutse kwitabira cyavugaga ku iterambere ry’umugore n’ibyuho bigihari.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Umujyanama mu guteza imbere umugore n’umukobwa muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango, Antoine Niyitegeka, avuga ko mu mwaka wa 2018-2019 Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzacyaha RIB cyakiriye ibirego 3,137 naho mu mwaka wa 2019-2020 cykirwa ibirego 4,154.

Avuga ko imibare yatanzwe mu mwaka wa 2020 yerekanye izamuka rya 27.9% ahakiriwe ibirego 876 bigendanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Avuga ko abahuye n’ihohoterwa bagannye inzego zibishinzwe ibibazo bigakurikiranwa ndetse ababigizemo uruhare bagahanwa imibare yagabanuka.

Avuga ko kuba imibare igaragazwa ari ikinti cyiza kuko mbere bitanashobokaga.
Niyitegeka Antoine avuga ko kuba imibare igaragaza izamuka atari uko ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryazamutse ko ahubwo ari uko imyumvire mu kurivuga ariyo yahindutse.

Ati “Bitandukanye na mbere benshi bahuraga n’ihohoterwa ariko ntibarivuge kubera imyumvire abantu bagaceceka. Kuba imibare y’ibirego izamuka n’ubwo tutakwemeza ko ryagabanutse ariko nanone ingamba zihari zatumye abantu batinyuka bavuga ihohoterwa bakorerwa.”

Umujyanama mu by’uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango mpuzamahanga wita ku burenganzira bw’abana n’uburinganire ku bakobwa Plan International Rwanda Celine Babona Mahoro avuga ko kugira ikibazo cy’ihohoterwa gicike ari uko abagore n’abakobwa bahabwa agaciro bakagaragara ku isoko ry’umurimo.

Ikindi ngo ni uko hakorwa ubukanguramba ababyeyi bagakomera ku nshingano zabo zo gutanga uburere buboneye, bakaganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere kugira bakure bashobora kwifatira ibyemezo by’ubuzima.

Ikindi kandi ngo ni uko abagabo bakwiye guhindura imyumvire bagafasha abagore cyangwa bashiki babo bakabafasha imirimo yo rugo rimwe na rimwe babaharira.

Celine Babona Mahoro ariko nanone yifuza ko igitsina gore cyakomeza gukangurirwa ko bafite ubushobozi bwakora imirimo yose ntayibagenewe ndetse n’itabagenewe.

Yanditswe na AGASIMBI Ornella

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In