Saturday, September 23, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Kugeza ubu Malaria niyo ndwara ihitana abantu benshi muri Afurika

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/04/26
in HOME, MU RWANDA
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ku isi OMS ritangaza ko indwara ya malaria kugeza ubu ariyo ihitana abantu benshi ku Isi, ariko ikibasira cyane cyane umugabane wa Afurika, aho abapfa bishwe n’indwara kuri uwo mugabane, Malaria yiharira 80%. 

Mu gihe Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Malaria, wizihizwa tariki 25 Mata za buri mwaka, mu Rwanda uyu munsi wizihirijwe mu Murenge wa Bukure mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru aho abaturage basabwe kureka kwirara mu guhangana na Malaria.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, yagaragarije abitabiriye uwo muhango uburyo imirenge ya Bukure, Giti, Mutete, Rutare na Rwamiko yo muri ako karere, iza ku isonga mu kugira abarwayi benshi ba Malariya.

Asaba ko kubera izo mpamvu, Akarere ka Gicumbi kahabwa umwihariko wo gutererwa umuti wica udukoko dutera Malariya, nk’uko bikorwa mu turere tunyuranye mu Rwanda twibasirwa na Malaria.

Dr Rwibasira Gallican wari uhagarariye Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) muri uwo muhango, yijeje abanyagicumbi n’Abanyarwanda bose muri rusange, ko MINISANTE izakomeza kubaba hafi, mu rugamba rwo kurandura burundu malariya, cyane cyane hakorwa ubushakashatsi kuri iyi ndwara kandi inakorana n’izindi nzego, kugira ngo haboneke urukingo rwayo.

Ni umunsi waranzwe n’ibikorwa binyuranye aho abawitabiriye banasuye ibikoresho binyuranye muri ako karere, birimo n’iby’ikoranabuhanga byifashishwa mu kurandura Malaria no kwica umubu uyitera aho waba uri hose.

Raporo ya OMS igaragaza ko mu mwaka wa 2021, Malaria yatwaye ubuzima bw’abantu basaga ibihumbi 600 ku isi, aho yibasira cyane cyane abatuye munsi y’Ubutayu bwa Sahara barimo n’u Rwanda, aho buri munsi yica abasaga ibihumbi 30.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

Ngoma: Abaturage baritegura gutaha ikigo nderabuzima gishya 

September 10, 2023

Rulindo: Abantu bacukuye imva batwara ibihumbi 500Frw uwapfuye yashyinguranywe

September 9, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In