Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Kuvukana ubumuga byatumye atotezwa none Imana imuhaye urukundo rudasanzwe

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/11/12
in NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Uwiringiyimana, Umukobwa wakuze atotezwa kandi agatukwa n’abantu benshi barimo na se wamubyaye, bavuga ko atazigera abona umugabo kubera ubugufi bwe bukabije,yahishuye ko ari mu rukundo n’umusore umukunda by’ukuri.

Uwiringiyimana Odette, ufite imyaka 26, yavukanye ubumuga bw’ubugufi bukabije bituma atotezwa n’abandi bana bamwitaga amazina atandukanye yo kumutesha agaciro.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Ibintu byarushijeho kuba bibi,ubwo se yamutoteza cyane akamubwira ko atazigera agira umukunzi wo kumurongora kubera ubugufi bwe.

Odette wavutse mu 1995 se yanze kumwohereza ku ishuri kuko nta cyizere yari amufitiye. Buri munsi yamufungiranaga mu cyumba cye ngo ntasohoke kugeza ubwo nyina n’abavandimwe be baje kumushakira telefoni ahamagara ubuyobozi buramutabara.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwategetse se w’uyu mukobwa kureka kumuhohotera n’ubwo na n’ubu atigeze ahinduka.

Uyu mukobwa utashatse kuvuga agace atuyemo yabwiye Afrimax TV dukesha iyi nkuru ko kera yajyaga yiheba akabaza Imana impamvu yatumye avukana ubwo bumuga ariko ngo ubu abona abari hasi ye bikamutera kuyishimira.

Ku bw’amahirwe, Odette yabonye abagiraneza bamujyana mu ishuri ry’imyuga aho yize kuboha. Yahawe imashini yo kuboha yamufashije kubona amafaranga yo kwitunga no gutunga abo bavukana cyane ko se yabataye.

Ubu arasaba ubufasha bwo kubona imashini nshya, kuko iyo yakoreshaga ngo yangiritse cyane.

Akomeza anashimira bamwe mu bagira neza bamufashije kwiga kudoda ari nabyo byatumye atitakariza icyizere cy’ubuzima .

Igishimishije kurushaho, uyu mukobwa yabonye umukunzi witwa Dushirimana Celestin wamukunze kandi wifuza kumurongora.

Uyu musore agira ati: “Ntuye hafi y’iwabo ariko n’umukobwa nkunda cyane bitewe nuko iwabo bamufata njyewe nk’umuturanyi we ndamukunda cyane, iyo agenda tuba tumubona, tukamuba hafi kandi tumufata nk’undi muntu usanzwe”.

Odette yavuze ko uyu musore amukunda cyane ndetse ngo yatandukanye na benshi bavugaga ko atazigera abona umugabo.

Avuga ko ubu ari mu munyenga w’Urukundo aho ari guteteshwa n’uyu musore wamwihebeye ndetse ngo aba bombi biyemeje gushinga urugo bakagira umuryango, bakabana ubuzima bwose basigaje.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In