Monday, September 25, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home HANZE

Menya impamvu zo gusura n’aho bikorerwa ntibiteshe ikuzo umuntu

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/05/18
in HANZE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Gusura ni ibintu bisanzwe ariko si ibintu bisanzwe bitewe n’aho bikorewe,ibi byitwa gutya iyo umuntu asohoye umwuka unuka binyuze hasi bikaba bishobora kuza bucece cyangwa bikaza bisakuza bikaba ngo bikorwa hagati y’inshuro 5 n’10 ku munsi bitewe n’ibyo umuntu yariye

Gusura ni ibintu bisanzwe mu buzima bwacu bwa buri munsi ndetse binafite icyo bimarira ubuzima bwacu. Niba utarabagwa ariko wigeze wumva uwabazwe. Nta kintu aba yemerewe gufata mu gihe atarasura. Niba wajyaga ugirango ni urwenya, si urwenya ni impamo. Cyane cyane iyo yabazwe abyara, cyangwa yabazwe inyama zo mu nda.

IZINDI NKURU WASOMA

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

Kenya: Abagore bari kwishyura miliyoni 2,5 Frw kugira ngo abagabo babatere inda

Ubusanzwe mu kigereranyo dusura hagati y’inshuro 5 na 10 ku munsi, gusa burya abagore nibo basura kenshi kuruta abagabo.

Hari igihe dusura umusuzi ukavuga cyangwa ntuvuge, rimwe ukanuka ubundi ntunuke.
Ntitwareka kuvuga ko bidutera isoni iyo dusuze mu ruhame niho usanga akenshi umusuzi tuwunyunyira ntusohoke nuko nyuma ugatangira kumva ibintu bivugira mu nda, ibyo bikaba atari byiza ku buzima.

Umusuzi uko waza kose, ufite akamaro. Mu mara yacu habamo ama miliyoni menshi ya za bagiteri zikaba zifite akamaro ko gukamura intungamubiri mu byo tuba twariye. Si ibyo gusa kuko zifasha kandi mu kongerera ingufu ubudahangarwa no gutuma urwungano ngogozi rukora neza.

Muri icyo gikorwa cyazo rero niho rimwe na rimwe haza ibyuka mu mara nuko bikagenda byisunika bigana hanze bigatanga umusuzi. Uwo musuzi ushobora kuza uvuga bitewe ahanini n’ingufu wakoresheje ugirango usohoke cyangwa se uburyo aho usohokera hafunganye.

Gusa hari ibyo kurya bituma abantu basura cyane. Muri byo twavuga ibishyimbo, ibirayi, ubunyobwa n’ibibukomokaho, soya n’ibizikomokaho, ingano n’ibizikomokaho, kimwe n’amata n’ibiyakomokaho.

Ibi byose icyo bihuriraho ni uko bikungahaye cyane ku bitera imbaraga (carbohydrates) bityo mu igogorwa ryabyo hakaba hasohoka ibyuka byinshi.

Ese kuki umuntu ashobora gukora iki gikorwa bikanukira abandi? 

Ibi biterwa nuko mu byo wariye haba harimo ibirimo ikinyabutabire cya sulfur (soufre), cyangwa ukaba uri gufata imiti irimo soufre. Ibyo byo kurya twavuga amashu, ibitunguru, amafi, inyama n’amagi.

Gusa ibivugwa ko uwo musuzi waba ukingira kanseri nta bushakashatsi burabyemeza. Ariko Ubushakashatsi bwa vuba bwerekanye ko bifasha kurwanya indwara zimwe z’umutima nubwo nabwo butaremezwa neza.

Icyakora gusura umusuzi unuka buri gihe, byerekana ko ufite ikibazo mu mikorere y’amara, cyane cyane ushobora kuba ufite indwara izwi nka Crohn’s disease. Wajya kwisuzumisha rero bakaba babivura.

Ese gusura byakorerwa hehe ?

Mu gusoza reka tuvuge ko gusura byerekana ko bagiteri zo mu mara yawe ziba ziri gukora neza ndetse n’igogorwa riba ryagenze neza,icyakora niba uri mu ruhame ugashaka gukora icyi gikorwa, iyubahe ujye ku ruhande maze wiheshe agaciro ubikorere mu muhezo kuko gupfukirana icyi gikorwa nabyo si byiza kuko ngo bigira ingaruka ku mikorere myiza y’amara.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023
1.5k
HOME

Kenya: Abagore bari kwishyura miliyoni 2,5 Frw kugira ngo abagabo babatere inda

August 1, 2023
1.5k
HOME

Bimwe mu bitangaza wamenya ku ishyamba rya Amazon bamwe bita ibitangaza

July 30, 2023
1.4k
HOME

Louise Mushikiwabo mu ruzinduko muri RD Congo

July 25, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

Ngoma: Abaturage baritegura gutaha ikigo nderabuzima gishya 

September 10, 2023

Rulindo: Abantu bacukuye imva batwara ibihumbi 500Frw uwapfuye yashyinguranywe

September 9, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In