Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home HANZE

Menya impamvu zo gusura n’aho bikorerwa ntibiteshe ikuzo umuntu

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/05/18
in HANZE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Gusura ni ibintu bisanzwe ariko si ibintu bisanzwe bitewe n’aho bikorewe,ibi byitwa gutya iyo umuntu asohoye umwuka unuka binyuze hasi bikaba bishobora kuza bucece cyangwa bikaza bisakuza bikaba ngo bikorwa hagati y’inshuro 5 n’10 ku munsi bitewe n’ibyo umuntu yariye

Gusura ni ibintu bisanzwe mu buzima bwacu bwa buri munsi ndetse binafite icyo bimarira ubuzima bwacu. Niba utarabagwa ariko wigeze wumva uwabazwe. Nta kintu aba yemerewe gufata mu gihe atarasura. Niba wajyaga ugirango ni urwenya, si urwenya ni impamo. Cyane cyane iyo yabazwe abyara, cyangwa yabazwe inyama zo mu nda.

IZINDI NKURU WASOMA

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

Huye: Kwipimisha virus itera SIDA biracyari ihurizo mu rubyiruko

Ubusanzwe mu kigereranyo dusura hagati y’inshuro 5 na 10 ku munsi, gusa burya abagore nibo basura kenshi kuruta abagabo.

Hari igihe dusura umusuzi ukavuga cyangwa ntuvuge, rimwe ukanuka ubundi ntunuke.
Ntitwareka kuvuga ko bidutera isoni iyo dusuze mu ruhame niho usanga akenshi umusuzi tuwunyunyira ntusohoke nuko nyuma ugatangira kumva ibintu bivugira mu nda, ibyo bikaba atari byiza ku buzima.

Umusuzi uko waza kose, ufite akamaro. Mu mara yacu habamo ama miliyoni menshi ya za bagiteri zikaba zifite akamaro ko gukamura intungamubiri mu byo tuba twariye. Si ibyo gusa kuko zifasha kandi mu kongerera ingufu ubudahangarwa no gutuma urwungano ngogozi rukora neza.

Muri icyo gikorwa cyazo rero niho rimwe na rimwe haza ibyuka mu mara nuko bikagenda byisunika bigana hanze bigatanga umusuzi. Uwo musuzi ushobora kuza uvuga bitewe ahanini n’ingufu wakoresheje ugirango usohoke cyangwa se uburyo aho usohokera hafunganye.

Gusa hari ibyo kurya bituma abantu basura cyane. Muri byo twavuga ibishyimbo, ibirayi, ubunyobwa n’ibibukomokaho, soya n’ibizikomokaho, ingano n’ibizikomokaho, kimwe n’amata n’ibiyakomokaho.

Ibi byose icyo bihuriraho ni uko bikungahaye cyane ku bitera imbaraga (carbohydrates) bityo mu igogorwa ryabyo hakaba hasohoka ibyuka byinshi.

Ese kuki umuntu ashobora gukora iki gikorwa bikanukira abandi? 

Ibi biterwa nuko mu byo wariye haba harimo ibirimo ikinyabutabire cya sulfur (soufre), cyangwa ukaba uri gufata imiti irimo soufre. Ibyo byo kurya twavuga amashu, ibitunguru, amafi, inyama n’amagi.

Gusa ibivugwa ko uwo musuzi waba ukingira kanseri nta bushakashatsi burabyemeza. Ariko Ubushakashatsi bwa vuba bwerekanye ko bifasha kurwanya indwara zimwe z’umutima nubwo nabwo butaremezwa neza.

Icyakora gusura umusuzi unuka buri gihe, byerekana ko ufite ikibazo mu mikorere y’amara, cyane cyane ushobora kuba ufite indwara izwi nka Crohn’s disease. Wajya kwisuzumisha rero bakaba babivura.

Ese gusura byakorerwa hehe ?

Mu gusoza reka tuvuge ko gusura byerekana ko bagiteri zo mu mara yawe ziba ziri gukora neza ndetse n’igogorwa riba ryagenze neza,icyakora niba uri mu ruhame ugashaka gukora icyi gikorwa, iyubahe ujye ku ruhande maze wiheshe agaciro ubikorere mu muhezo kuko gupfukirana icyi gikorwa nabyo si byiza kuko ngo bigira ingaruka ku mikorere myiza y’amara.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Huye: Kwipimisha virus itera SIDA biracyari ihurizo mu rubyiruko

December 2, 2022
1.5k
HOME

Philippines: Ak’abanyeshuri bamenyereye gukopera kashobotse

October 24, 2022
1.5k
AMAKURU

Nyuma yo kubagwa Ibere kubera kanseri, NSABIMANA aratanga inama ku Banyarwandakazi batandukanye

October 8, 2022
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In