Tuesday, September 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IMYIDAGADURO

Miss ELSA IRADUKUNDA yafunzwe

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/05/09
in IMYIDAGADURO
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda mu mwaka wa 2017, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, akaba ngo azira ibyaha byo kubangamira iperereza ku birego bishinjwa Prince Kid.

Bivugwa ko uyu Miss Iradukunda Elsa yatawe muri yombi kur’icyi  Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2022 akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB i Remera.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu ikanzu nziza cyane Miss Elsa yakoze ubukwe na Prince Kid (amafoto)

Miss Lynda na Zaba nyuma yo gusomanira mu ruhame ibyabo byajemo rushorera

Umuvugizi wa RIB, Murangira Thierry, yemeje ukuri kw’aya makuru aho yabwiye Igihe ko uyu mukobwa ngo akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza.

Amakuru avuga ko kuva Ishimwe Dieudonné yafungwa, Miss Elsa ngo yatangiye kujya kureba abakobwa bose batanze ubuhamya ku ihohoterwa bagiye bakorerwa kugira ngo bazivuguruze imbere y’urukiko.

Amakuru  dukesha igihe avuga ko ngo uyu mukobwa yashatse notaire, akajya agera kuri umwe ku wundi, akamusinyisha ibaruwa ihakana ibyo yashinje Ishimwe.

Abakobwa n’abandi bantu [kuko harimo n’abasore] batanze ubuhamya ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina Ishimwe ashinjwa, barasinye ndetse bivugwa ko mu bantu batanze ubuhamya muri RIB, harimo abakobwa biyemerera ko basambanyijwe na Ishimwe Dieudonné mu bihe bitandukanye.

Hari umwe bivugwa ko yari afitanye gahunda na Ishimwe mu 2020, aho kugira ngo bahurire ku biro bya Miss Rwanda, uyu musore yamujyanye mu rugo rwe.

Ngo muri urwo rugo i Kanombe, Ishimwe yahise yinjiza uwo mukobwa mu cyumba cye, amwakiriza ikirahure kirimo inzoga, undi ayinyoye yumva irarura arayireka.

Yaje kumuvangiramo jus, arangije ngo azana urumogi yatekeye, amusaba gukururaho gake.

Amaze gusindisha uwo mukobwa, ngo yatangiye kumusoma, undi kuko yari yacitse intege, yagaruye ubwenge asanga Ishimwe yamusambanyije.

Umusore abonye ko yakoze amarorerwa ku muntu wataye ubwenge, ngo yamusezeranyije ibintu byinshi birimo kumurihira amashuri no kumufasha mu buzima busanzwe.

Ngo yanamwijeje ko azamufasha akegukana ikamba mu irushanwa rikurikiraho.

Miss Elsa yatawe muri yombi mu gihe bivugwa ko asanzwe afitanye umubano wihariye na Ishimwe Dieudonné nk’abantu bafitanye umushinga wo kuzabana nk’umugore n’umugabo.

Bivugwa ko ibyo Elsa yakoze byose, byari bigamije kurwanira ishyaka umukunzi we, akaba na fiancé we.

Inyandiko bivugwa ko yaba ari iya Miss Elsa

Inyandiko bivugwa ko yaba ari iya Miss MUHETO
Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu ikanzu nziza cyane Miss Elsa yakoze ubukwe na Prince Kid (amafoto)

September 2, 2023
1.5k
HOME

Miss Lynda na Zaba nyuma yo gusomanira mu ruhame ibyabo byajemo rushorera

August 21, 2023
1.5k
HOME

Mu Rwanda hadutse umuhanzi mushya uri kwitwara neza witwa ESPE IRADUKUNDA

August 20, 2023
1.4k
HOME

Umugore wa Nyakwigendera Jaypoly yabenze umusore bendaga kubana

August 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In