Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Mu ntara y’Amajyepfo abapolisi 2 bakoze igisa no gufata bugwate abaturage none bibakozeho

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/06
in NTIBISANZWE
0
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Abapolisi babiri binjiye mu Murenge wa Rukoma batambaye impuzankano bakumira abaturage kugera mu gace bivugwa ko bashakaga guhagarikira umuturage ngo acukure amabuye wenyine gusa byarangiye batawe muri yombi.

Aba bapolisi ngo binjiye bambaye imyenda isanzwe, ariko baza kwambara iy’akazi ubwo bari binjiye mu gikorwa nyirizina cyabagenzaga, bivugwa ko bagiye kwa Nshimiyimana Theophile binakekwa ko ariwe bari baziye gukorera akazi, bajya no gutera imambo aho bashakaga ko acukura amabuye y’agaciro wenyine.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Nyuma ngo bakoresheje inama babwira abantu ko nta wundi wemerewe gukandagira aho bashyize imambo gusa ku makuru yatanzwe n’abaturage, batawe muri yombi bakiri muri uyu Murenge .

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’amajyepfo, yemeza amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bapolisi babiri, aho ivuga ko bakekwaho imyitwarire iteye impungenge mu baturage, ariko kandi inanyuranije n’indangagaciro ziyiranga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobard Kanamugire yemereye ikinyamakuru montjalinews dukesha iyi nkuru ko itabwa muri yombi ry’aba Bapolisi ari impamo.

Yagize ati“ Nibyo koko, abafashwe barakekwaho icyaha cy’imyitwarire iteye impungenge mu baturage, kandi binyuranyije n’indangagaciro za Polisi y’u Rwanda, bagiye gukurikiranwa”.

Mu ijambo rye, yungamo ko umuturage wese akwiye kumenya ubwenge bwo gutandukanya abamushuka kuko ngo inzego za Leta zifite uburyo zitangamo ibyangombwa.

Ku ruhande rw’Abaturage ngo barushijeho kugira amakenga ubwo nyuma yo guhabwa amabwiriza n’aba ba Polisi babonaga binjiye mu nzu kwa Theophire bagakuramo imyenda yabo y’akazi, bakambara isanzwe ya gisivile bakajya kwakirwa ahantu mu kabari, aho bamwe muri aba baturage bahise batanga amakuru, batangira gukurikiranwa kugeza batawe muri yombi.

Bamwe mu baturage, bavuga ko mubyo batabasha kwiyumvisha ari ukuntu bafite ubuyobozi, ariko abantu bakaza bakabahangayikisha nta muyobozi ubizi.

Hari andi makuru avuga ko iyi nkuru kugira ngo imenyekane ndetse aba bapolisi batabwe muri yombi byaba byaturutse ku munyamakuru wari wahamagawe n’abaturage bamubwira ibyo bahuye nabyo nawe akihutira  kubibwira abo bireba ngo bagire icyo bakora.

Umwe mu bakekwa muri ibi bikorwa, ushyirwa mu majwi n’abaturage mu ruhare rwo kuzana aba Bapolisi no kubajujubya, itangazamakuru ryagerageje kumuhamagara ngo agire icyo avuga ku bitangazwa n’abaturage, terefone ye ntiyayitaba.

Banavuga ko ubwo bari bahari nawe yahaje ariko nyuma ngo akaza kunyonyomba akagenda.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In