Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Mu ntara y’Amajyepfo umusore akurikiranweho kurongora nyina ku ngufu

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/06
in NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu karere ka Kamonyi hamaze iminsi hashakishwa Umusore w’imyaka 24 ukekwaho icyaha cyo gufata nyina umubyara ku ngufu akaba yamaze gutabwa muri yombi

Ku italiki 4 Mutarama 2022 nibwo ubuyobozi bw’inzego zibanze na RIB bafashe uyu musore kuko hari hamaze kumenyekana amakuru ko aherereye mu rugo iwabo mu Mudugudu wa Nyamweru, Akagali ka Bibungo, Umurenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi nyuma y’igihe yari amaze atahaba yarahunze.

Bivugwa ko Nyina yatahanye inzoga yari ashyiriye umugabo we (Se) yagera mu rugo agasanga adahari akahasanga umuhungu we ngo usanzwe akoresha ibiyobyabwenge, agahita amwambura iyo nzoga akayinywa yamara kuyinywa, umuhungu agahita asingira Nyina akamutura hasi akamwambura imyenda agatangira kumusambanya kuko ngo yamurushije imbaraga nk’uko uyu mubyeyi abivuga.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Agira ati: “Hari habaye nka saa moya z’umugoroba, ntabwo nari gutaka ngo mbone umuntu untabara kuko dutuye ahantu hitaruye kandi muzehe yaratarataha”.

“Amaze kumfata ku ngufu naracecetse kuko muri iryo joro sinari kubona uwo mbwira, ahubwo mugitondo bukeye nibwo nabibwiye umuturanyi angira inama yo kujya kuri RIB ngo mbibabwire bamukurikirane kuko yahise acika ntiyaraye mu rugo”.

Bivugwa ko ngo inzego zitandukanye ku bufatanye n’abaturage bakomeje gushakisha uyu musore ntihamenyekane aho aherereye, ahubwo taliki 3 Mutarama 2022 akaba aribwo yagarutse mu rugo bagahita batanga amakuru agatabwa muri yombi n’iperereza rigahita ritangira gukorwa ndetse ngo akaba yemera icyaha akekwaho cyo gusambanya Nyina.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Bibungo ibi byabereyemo Bwana Dushimimana Abel, mu kiganiro yagiranye na Rwandanews24 dukesha iyi nkuru yemeje iby’aya makuru anavuga ko nk’ubuyobozi basanzwe barafashe ingamba zikumira ibyaha nk’ibi bikomoka ku businzi.

Agira ati: “Noheli yaraye ibaye umusore uri mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko yasambanyije Nyina bapfuye ko amubajije impamvu anyoye inzoga yari azaniye umugabo we ari we Se w’uyu musore, iki cyaha akekwaho yagikoze ariwe na Nyina bari mu rugo bonyine kuko Se yari atarataha kandi yari asanze umuhungu we yasinze kuko bikekwa ko asanzwe akoresha ibiyobyabwenge”.

Gitifu Dushimimana yashimiye abaturage bagize uruhare mu ifatwa ry’uyu musore, anasaba ko bene iyi mikoranire myiza n’inzego z’umutekano yakomeza kugira ngo bene ibi byaha kimwe n’ibindi bikumirwe.

Uyu musore ukekwaho icyaha cyo gusambanya Nyina akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Mugina mu murenge wa Mugina mu gihe iperereza rigikomeje.

Ingingo ya 197 y’igitabo cy’amategeko ahana, ivuga ku  gihano cy’ukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umuntu ufite nibura imyaka 18 y’amavuko ivuga ko Umuntu wese ukoresha imibonano mpuzabitsina ku kagato umuntu ufite nibura  imyaka cumi n‟umunani (18) y‟amavuko ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7).

Iyo gufata ku ngufu byakozwe ku muntu ugeze mu zabukuru, ufite ubumuga cyangwa w’umurwayi, igihano kiba igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y‟amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni imwe (1.000.000).

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In