Wednesday, May 31, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Mu Rwanda,Koperative zirasaba guhinduka ibigo by’imari bibyara inyungu

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/12/11
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Abantu batandukanye bakora mu rwego rw’amakoperative bavuga ko basanga hakenewe kongera imicungire n’imiyoborere myiza muri Koperative zo mu Rwanda, kugira ngo zishobore gutera imbere mu bijyanye no gucunga bizinesi, zibe ibigo bibyara inyungu kandi bikora kinyamwuga.

Ikindi ni uko amahuriro ya za Koperative agomba gukora agendeye ku mategeko aherutse gukorwamo impinduka zigamije kugira ngo Koperative zikore neza kurushaho.

IZINDI NKURU WASOMA

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu mahugurwa y’iminsi ine yateguwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’amakoperative (RCA) n’abafatanyabikorwa batandukanye, yagenewe abayobozi ba za Koperative, akaba yibandaga ku kuzamura imikorere ya za Koperative zo mu Rwanda.

Ayo mahugurwa abaye ku nshuro ya kabiri, yitabiriwe n’abayobozi ba za Koperative zo mu Rwanda zigera ku 100, akaba agamije kubafasha kugira udushya mu miyoborere yabo, bakagira ubumenyi bukenewe mu micungire ya za bizinesi kugira ngo bahindure koperative zabo zibe ibikorwa byunguka kandi zikora mu buryo bwa kinyamwuga , hakurikijwe itegeko rishya.

Abo bayobozi ba za Koperative basobanuriwe ibijyanye n’itegeko N° 024/2021 ryo ku wa 27/04/2021 rigena ibyerekeye amakoperative mu Rwanda, bahugurwa ku miyoborere ya koperative, by’umwihariko uburyo bwo gucunga Koperative kinyamwuga, bikayifasha kwigira no kongera kuzamura ubukungu bwayo nyuma y’icyorezo cya COVID-19, no gukora igenamigambi no gutegura ingengo y’imari, n’ibindi.

Ayo mahugurwa yanagarutse ku kijyanye no kubaka ubushobozi bwa za Koperative , gukora amagenzura muri za koperative, kubona amasoko, ingorane ndetse n’amahirwe za koperative zibona.

Ku wa Gatanu tariki 10 Ukuboza 2021, mu birori byo gusoza ayo mahugurwa y’abayobozi ba za Koperative, Willy Nyirigira, Umuyobozi wungirije wa ‘Land O’Lakes Venture37’ yavuze ko icyo gikorwa ngarukamwaka cyari kigamije guhugura amakoperative ku itegeko rishya, no kugira ubunyamwuga mu byo akora kugira ngo bongere umusaruro.

Yagize ati “Iki gikorwa cyari kigamije kuzamura ubumenyi bw’abayobozi ba za koperative hirya no hino mu gihugu, kugira ngo bamenye ibintu by’ingenzi bikenewe mu gutuma za Koperative zabo zirushaho gukora kinyamwuga kandi zibyare inyungu, bifashe n’abanyamuryango bazo gutera imbere.”

Ati “Nk’uko byavuzwe mu itegeko rishya rigenga amakoperative , Guverinoma y’u Rwanda ishaka kubona amakoperative arushaho guhinduka ibigo bibyara inyungu, kandi akora mu buryo bukwiye kandi bwemewe n’amategeko”.

Nyirigira yavuze ko icyerekezo cya Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo, ari ukubona amakoperative aba umuyoboro w’iterambere, bitari ku banyamuryango bayo gusa, ahubwo no ku iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage mu gihugu muri rusange.

Tumukunde Aimée Marie Ange ushinzwe ibijyanye n’amakoperative muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yavuze ko itegeko rishya, rijyana n’ubumenyi bushya rizatuma urwego rw’amakoperative rurushaho gukora neza.

Yagize ati “Nta gushidikanya, aya mahugurwa , azagira uruhare rukomeye mu gutera imbere kwa Koperative zanyu. Mwahawe ubumenyi buhagije, ubu mwasobanukiwe icyo amategeko abasaba. Leta y’u Rwanda iha agaciro umusanzu wa za Koperative ku iterambere n’imibereho myiza y’igihugu, ariko inabona ko hakenewe kuzamura urwego rwa za Koperative no kuzongerera imbaraga kugira ngo zishobore gukora ibiri mu bushobozi bwazo byose”.

Umuyobozi mukuru wa RCA, Prof. Jean Bosco Harelimana, yasabye abayobozi ba za Koperative gukora ibyo basabwa n’itegeko rishya rigenga za Koperative, kuko ryaje rikuraho imikorere idahwitse yajyaga igaragara muri za Koperative.

Prof Harelimana yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda yizera ko iyo mukoze ibyo amategeko abasaba gukora, mutera imbere, atari mwebwe gusa nk’abanyamuryango ba Koperative, ahubwo bigira n’uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu. Ibi bisobanuye ko mugomba gutanga umusaruro muri byose mukora.”

Uwitonze Jean Claude, Umuyobozi wa Porogaramu muri ‘RICEM’, yagaragaje ko itegeko rishya rigenga amakoperative, riziye igihe, kuko rije mu gihe amakoperative akeneye gukora neza kurushaho kugira ngo agirire akamaro abanyamuryango.

Yagize ati “ Itegeko rishya nta byuho risiga ku byerekeye imicungire mibi, no kutagaragaza imikoresheje y’umutungo wa Koperative, kandi ibyo ni byo byakundaga kugira ingaruka ku mikorere y’urwego rw’amakoperative. Ibi byose bigomba guhindurwa n’itegeko ”.

Mutuyimana Peninnah, uhagarariye Koperative yitwa ‘Kama’, iherereye mu Murenge wa Shangasha , Akarere ka Gicumbi, yavuze ko mu mahugurwa y’iminsi ine bahawe, bayarangije basobanukiwe icyo itegeko rishya rigenga amakoperative rizungura amakoperative.

Yagize ati “Aya mahugurwa yadufunguye amaso, ku bintu tutajyaga twitaho, nyamara bigira ingaruka ku iterambere ryacu, bigakomeza kudusubiza inyuma. Hari aho usanga za Komite zitajya zibwira abanyamuryango uko umutungo wa Koperative ukoreshwa, ugasanga zifata ibyemezo bidahwitse. Itegeko rishya rizahindura ibi byose, kandi bizafasha mu kuvugurura urwego rwa Koperative”.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023
1.5k
HOME

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023

Kigali: Dasso yafunzwe akurikiranweho icyaha cya ruswa

May 23, 2023

Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi agiye kurongora umukobwa wahoze ayobora Radio ikomeye mu Rwanda

May 22, 2023

Kwibuka 29: ADEPR Kabeza bibutse abakirisitu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

May 21, 2023

Umugore yakoze igisa n’ubukunguzi mu biroli byo kumenya uko azaba ameze ari gushyingurwa napfa

May 18, 2023

Mu bitaro bya Kabgayi, Ibihombo biravuza ubuhuha

May 18, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In