Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Musanze: Abagana Ibitaro bya Ruhengeri baratabarizwa

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/02/14
in NTIBISANZWE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Abantu batandukanye barimo n’abagize inteko ishingamategeko y’u Rwanda bakomeje gutabariza abaturage bivuriza ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, bavuga ko inyubako bikoreramo itajyanye n’igihe kandi ikaba ishaje, bagasaba ko yavugururwa kandi ikongererwa ubushobozi.

Ibitaro bya Ruhengeri biherereye mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru bimaze igihe kirekire bivugwaho kuba bikorera mu nyubako itajyanye n’igihe ndetse ngo bikwiriye no kongererwa ubushobozi mu mikorere

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Abaturage bo mu Karere ka Musanze bakunze kugaragaza iki kibazo, kugeza n’ubwo bakigejeje ku mukuru w’igihugu Paul Kagame ubwo yahakoreraga uruzinduko mu mwaka wa 2016 ndetse no muri 2019, bamubwiraga ko serivise zitangirwa muri ibyo bitaro ziganjemo iz’isuku zitanoze uko bikwiye, kubera ubuto bwabyo n’ubwinshi bw’ababigana.

Uko ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwagiye busimburana, muri gahunda yabwo hagiye hagaragaramo umushinga wo kubaka ibitaro bya Ruhengeri ndetse no kubikorera ubuvugizi ariko bikarangira nta gikozwe.

Ubwo hagaragazwaga umushinga w’ingengo y’Imali mu nteko ishinga amategeko, Hon Depite Murekatete Marie Therese yabajije niba n’ibyo bitaro byaratekerejweho nk’uko iyi nkuru dukesha Isango Star ibivuga.

Ati:’’Numvise muri iyi ngengo y’imari ivuguruye ibitaro bizubakwa cyangwa bizavugururwa ,sinigeze numvamo ibitaro bya Ruhengero kandi ni ikibazo kimaze igihe kirekire kiganirwa…,ese ikiri guteganywa ni iki ?’’

Dr Uzziel Ndagijimana Minisitiri w’imari n’igenamigambi yasubije ko hari gukorwa byihuse ibiganiro n’abaterankunga babyiyemeje kubera ko hakoreshejwe amafaranga aturutse imbere mu gihugu yaza gake gake maze bigatinza ibyo bikorwa.

Yagize ati:’’Ikibazo cy’ibitaro bya Ruhengeri bikeneye kwagurwa no gushyirwa ku rwego rwisumbuye……niwo mushinga mushya dushaka gukora tukaba twarasabye inguzanyo n’umuterankunga wagaragaje ubushake bwo kuzaduha amafaranga ahagije yo kubyubaka bikarangira kandi mu gihe gitoya ku buryo kubishyiraho amafaranga y’igihugu yaza ari make make byatinda, turizera ko mu gihe cya vuba tuzabona amafaranga ahagije yo kubyubaka bikarangira.’’

Umuyobozi mukuru w’ibi bitaro Dr Muhire Philibert aheruka gutangariza itangazamakuru mu minsi ishize, ko kuba ibitaro bikuru bya Ruhengeri bifite ikibazo giteye gityo binadindiza serivise zitangwa.

Avuga ko ngo ibyo bitaro bihungabanya serivise ku rugero rurenze 50%, ababyeyi bagana ibi bitaro, niba ibi bitaro bishobora kubyaza abantu bari hagati ya 400 na 450 buri kwezi, utekereze rero ibitaro biri kuri urwo rwego bifite umubare mucye w’abakozi, bifite ibikoresho bidahagije izo serivise zigomba guhungabana kandi ku rugero ruri hejuru.’’

Ibitaro bya Ruhengeri byubatse mu Karere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru ni bimwe mu bitaro byakira ababigana buri kwezi bagera ku bihumbi bitandatu baza gusaba serivisi zitandukanye z’ubuvuzi bikaba bimaze hejuru y’imyaka 80, aho byubatswe mu myaka ya 1939 n’1940, bikaba byakira by’umwihariko abaturuka mu duce tunyuranye, turimo akarere ka Musanze, Nyabihu, Rutsiro n’ahandi,….

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In